Yanditswe May, 24 2023 21:16 PM | 114,492 Views
Abadepite mu nteko Ishinga amategeko basabye leta kurushaho korohereza abifuza gushora imari mu kubaka inzu ziciriritse kandi hakifashisjhwa n’ ibikoresho bihendutse kandi byujuje ubuziranenge kugirango iyi gahunda ishobore kugera kuri benshi bayikeneye.
Abadepite bemeza ko ikiguzi cy'inzu zubatswe muri iyi gahunda kinyuranye n'amikoro y'abanyarwanda benshi bakeneye kandi bemerewe kubona izo nzu, nk'uko bitangazwa na Perezida wa Komisiyo y'Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n'Ibidukikije mu Nteko Ishinga amategeko Depite Kayumba Uwera Marie Alice.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo bashoye imari mu kubaka amacumbi aciriritse bavuga ko bahuye n'imbogamizi zitandukanye kugeza ubwo bamwe bahagarika ibyo bikorwa kubera impamvu zirimo gutinya ibihombo n'izamuka ry'ibiciro by'ubutaka n'ibikoresho by'ubwubatsi.
Minisitiri w'Ibikorwa remezo Dr. Nsabimana Erneste, avuga ko uretse ba rwiyemezamirimo bagize ubushobozi buke, ngo hari n'abaje muri iyi gahunda yo kubaka inzu ziciriritse badafite amakuru ahagije bituma badashobora kuzuza ibisabwa byose, ibintu byatumye leta yisubiza bumwe mu butaka yari yahaye abo bashoramali kuko batashoboye kububyaza umusaruro.
Mu bindi byadindije iyi gahunda harimo ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire kitashoboye kubyaza umusaruro ubutaka buherereye mu turere twa Gasabo na Kicukiro.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire cyari cyabonye ubutaka bwa hegitari 38 bufite agaciro ka miliyari zisaga 4Frw.
Minitiri Nsabimana yavuze ko harimo gutegurwa inyigo izarangira mu kwezi Kwa Munani uyu mwaka, ikazagaragaza uruhare rwisumbuye Leta izagira muri iyi gahunda, aho hazubakwa inzu zikodeshwa zishobora kwigonderwa na buri wese kugeza ku mukozi uhembwa frw 60,000 Ku kwezi.
Jean Paul MANIRAHO
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru