Yanditswe Apr, 02 2021 08:12 AM | 98,464 Views
Abadepite basabye Minisiteri y’Ubutabera gushyiraho ingamba zihamye zituma Leta itagwa mu gihombo giterwa no kuyishora mu manza za hato na hato kimwe n ígiterwa no gusesagura umutungo.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo w’igihugu yerekanye zimwe mu ngero zijyanye gusesagura umutungo w’igihugu no gushora Leta mu manza zitari ngombwa byakozwe n’inzego za Leta zitandukanye nkuko bygaragajwe n’umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta.
Muri izo nzego harimo Kaminuza y'u Rwanda yishyuye miliyoni 68 ajyanye n'ubukererwe yo kwishyura imisoro mu kigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro, WASAC yishyuye asaga miliyoni 53 kubera gutsindwa imanza no kutamenyekanisha imisoro, REB yishyuye miliyoni 30 z’amanyarwanda abakozi bayo bayireze bakanayitsinda.
Ibi ngo bikaba biterwa n’ibyemezo bidakwiye bifatwa na bamwe mu bayobizi nk'uko bisobanurwa na Muhakwa Valens Perezida wa Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu.
Ati "Hagaragaye ko hari ibyemezo bifatwa na bamwe mu bayobozi bigatuma leta ishorwa mu manza zitari ngombwa byagaragaye kandi ko hari abasesagura umutungo wa leta biturutse ku gutinda kwishyura imisanzu ya RSSB no kwishyura imisoro ayishyurwa kubera imanza Leta iba yatsinzwemo urwego rwa leta rukishyura arenze ayo bakabaye bishyura kandi yakabaye akoreshwa mu bindi bikorwa by'iterambere."
Abadepite bavuga ko inama z'impuguke mu mategeko bahagarariye ibigo zikwiye kujya zihabwa agaciro n'abayobozi b'ibigo n'inzego za Leta. Kugerageza ubyumvikane ku mpande zifitanye amakimbirane na bwo bukwiye kujya bubanza mbere yo kujya mu manza kuko hari imanza Leta itsindwamo zidakwiye, ibi bikaba bishobora gukumira ibihombo Leta ihura nabyo.
Muri raporo y'igihembwe cya 2 cy'umwaka wa 2020-2021 Minisiteri y'Ubutabera yashyikirije Minisitiri w’Intebe igaragaza ko kugeza ubu Leta imaze kugaruza miliyari 5, miliyari 10.5 zikaba zitarishyurwa. Ni mu gihe hari miliyari 7 zishobora kutazagaruka bitewe n'uko abahombeje Leta nta mitungo bafite igaragara.
Minisiteri y'Ubutabera ivuga ko ubu igiye gushyira imbaraga mu kwishyuza ababereyemo Leta imyenda ku bufatanye n’inzego zitandukanye.Gusa ku rundi ruhande imanza Leta itsindwamo ni nke ugereranyije n’izo itsinda kuko mu myaka 2 ishize Leta yaburanye imanza 152 itsinda imanza 117.
Minisitiri w'Ubutabera Busingye Johnston avuga ko hari imikoranire n'inzego zitandukanye zirimo ikigo cy'imisoro n'amahoro, ikigo cy'ubutaka,, urwego rishinzwe abinjira n'abasohoka mu rwego rwo kugira ngo abafitiye leta amafaranga hajye hafatirwa imitungo yabo.
Amakuru arambuye
KWIZERA John Patrick
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar
Mar 21, 2023
Soma inkuru
Politiki mbi ntikwiye kuba muri siporo-Perezida Kagame
Mar 16, 2023
Soma inkuru
Ibikoresho bya mbere byo kubaka uruganda rw’inkingo byageze mu Rwanda
Mar 13, 2023
Soma inkuru
Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bari mu buyobozi
Mar 01, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yavuze ko Leta iticaye ubusa mu guhangana n'izamuka ry'ibiciro
Mar 01, 2023
Soma inkuru
U Rwanda na Yorudaniya byasinye amasezerano avanaho visa ku badipolomate n'abandi bafite pasipo ...
Feb 22, 2023
Soma inkuru
EAC yasabye ko Abanyekongo bahungiye mu Rwanda na Uganda bacyurwa
Feb 17, 2023
Soma inkuru
Nzakora icyo ari cyo cyose kugira ngo inkuru ya FDLR itazagaruka iwacu ukundi-Perezida Kagame
Feb 09, 2023
Soma inkuru