Yanditswe Apr, 02 2021 08:12 AM | 100,002 Views
Abadepite basabye Minisiteri y’Ubutabera gushyiraho ingamba zihamye zituma Leta itagwa mu gihombo giterwa no kuyishora mu manza za hato na hato kimwe n ígiterwa no gusesagura umutungo.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo w’igihugu yerekanye zimwe mu ngero zijyanye gusesagura umutungo w’igihugu no gushora Leta mu manza zitari ngombwa byakozwe n’inzego za Leta zitandukanye nkuko bygaragajwe n’umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta.
Muri izo nzego harimo Kaminuza y'u Rwanda yishyuye miliyoni 68 ajyanye n'ubukererwe yo kwishyura imisoro mu kigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro, WASAC yishyuye asaga miliyoni 53 kubera gutsindwa imanza no kutamenyekanisha imisoro, REB yishyuye miliyoni 30 z’amanyarwanda abakozi bayo bayireze bakanayitsinda.
Ibi ngo bikaba biterwa n’ibyemezo bidakwiye bifatwa na bamwe mu bayobizi nk'uko bisobanurwa na Muhakwa Valens Perezida wa Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu.
Ati "Hagaragaye ko hari ibyemezo bifatwa na bamwe mu bayobozi bigatuma leta ishorwa mu manza zitari ngombwa byagaragaye kandi ko hari abasesagura umutungo wa leta biturutse ku gutinda kwishyura imisanzu ya RSSB no kwishyura imisoro ayishyurwa kubera imanza Leta iba yatsinzwemo urwego rwa leta rukishyura arenze ayo bakabaye bishyura kandi yakabaye akoreshwa mu bindi bikorwa by'iterambere."
Abadepite bavuga ko inama z'impuguke mu mategeko bahagarariye ibigo zikwiye kujya zihabwa agaciro n'abayobozi b'ibigo n'inzego za Leta. Kugerageza ubyumvikane ku mpande zifitanye amakimbirane na bwo bukwiye kujya bubanza mbere yo kujya mu manza kuko hari imanza Leta itsindwamo zidakwiye, ibi bikaba bishobora gukumira ibihombo Leta ihura nabyo.
Muri raporo y'igihembwe cya 2 cy'umwaka wa 2020-2021 Minisiteri y'Ubutabera yashyikirije Minisitiri w’Intebe igaragaza ko kugeza ubu Leta imaze kugaruza miliyari 5, miliyari 10.5 zikaba zitarishyurwa. Ni mu gihe hari miliyari 7 zishobora kutazagaruka bitewe n'uko abahombeje Leta nta mitungo bafite igaragara.
Minisiteri y'Ubutabera ivuga ko ubu igiye gushyira imbaraga mu kwishyuza ababereyemo Leta imyenda ku bufatanye n’inzego zitandukanye.Gusa ku rundi ruhande imanza Leta itsindwamo ni nke ugereranyije n’izo itsinda kuko mu myaka 2 ishize Leta yaburanye imanza 152 itsinda imanza 117.
Minisitiri w'Ubutabera Busingye Johnston avuga ko hari imikoranire n'inzego zitandukanye zirimo ikigo cy'imisoro n'amahoro, ikigo cy'ubutaka,, urwego rishinzwe abinjira n'abasohoka mu rwego rwo kugira ngo abafitiye leta amafaranga hajye hafatirwa imitungo yabo.
Amakuru arambuye
KWIZERA John Patrick
Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’amazi mu baturage
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n’ubwiyunge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubiramo
Oct 01, 2023
Soma inkuru