AGEZWEHO

  • Ababyeyi basizwe iheruheru na Jenoside barashima uko bakomeje gufashwa kwiyubaka – Soma inkuru...
  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...

Abadepite bashimye uko Umujyi wa Kigali ushyira imbaraga mu gukemura ibibazo by'abaturage

Yanditswe Dec, 03 2022 17:47 PM | 227,023 Views



Abadepite bashimye uburyo Umujyi wa Kigali ushyira imbaga mu gukemura ibibazo bibangamiye iterambere n'imibereho by'abaturage, bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali bagezweho na gahunda za Leta zigenewe abatishoboye bavuga ko ubuzima bwabo bwahindutse.  

Mu rwego rwo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zitandukanye za Leta, abagize inteko ishinga amategeko bakorera ingendo mu turere dutandukanye tw’igihugu, bakaganira n’ubuyobozi ndetse n’abaturage kuri gahunda zitandukanye zabashyiriweho.

Kuri uyu wa Gatandatu, abadepite baganiriye n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, mu bibazo 288 bari basabye Umujyi wa Kigali kwitaho bigakemuka, 254 byabonewe ibisubizo.

Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Eda Mukabagwiza yashimye uburyo Umujyi wa Kigali wihatira gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y'abaturage.

Nyuma yo gusura uturere no kuganira n’abaturage abadepite bakora raporo igashyikirizwa inteko rusange.

Muri izi ngendo z'abadepite, umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa agaragaza ibibazo byugarije umuryango nk’imbogamizi ikomeye abadepite bakwiye gukorera ubuvugizi kuko bibangamira irindi terambere.

Mu miturire, Umujyi wa Kigali umaze gutuza ingo 3541 mu 7,749 zigomba gutuzwa. 

Mu ngo 27,144 zikennye 14,878 zahawe inkunga muri gahunda ya VUP.  

Mu kwegerereza abaturage amazi meza umujyi wa Kigali uri ku kigero cya 95,9% ni mu gihe amashanyarazi ari 97,3%


Mbabazi Dorothy



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira