Yanditswe Jan, 24 2023 19:57 PM | 3,574 Views
Abakora mu rwego rw'ubuzima, baravuga
ko hari byinshi biteze kungukira mu kugira koperative yo kuzigama no
kugurizanya Muganga Sacco, ikigo cy'imari cyashyiriweho kunganira abakora muri
uru rwego mu bikorwa by'iterambere ariko kandi bagasanga hari ibigikwiriye
kunozwa kugira ngo babashe kwiteza imbere kurushaho.
Nyuma y'uko icyahoze ari ikimina cy'abaganga, HSS-MAG gihindutse Muganga Sacco binyuze muri gahunda ya leta yo kunganira abakora mu rwego rw'ubuzima, no kubafasha kubona servisi z'imari ku giciro cyo hasi, bamwe mu bakora mu nzego z'ubuzima bamaze kuba abanyamuryango b'iki kigo bavuga ko hari ibyiza bamaze kuboneramo.
Zimwe mu mbogamizi iki kigo cyaje gukemura mu rwego rw’ubuzima harimo ikibazo cy'abarukoramo bakunze kuvamo bya hato na hato bitewe n'impamvu zitandukanye zirimo amasaha y'akazi y'ikirenga, kutagira ibiborohereza mu bikorwa by'iterambere n'ibindi bitandukanye,
Umuyobozi mukuru wa Muganga sacco Uwambayingabire Claudine avuga ko iki nacyo kiri mu birimo kwitabwaho.
Nubwo bimeze bityo ariko abakora mu rwego rw'ubuzima hari ibyo bakibona bikenewe kunozwa kugira ngo iki kigo kirusheho kubafasha mu iterambere rirambye bifuza kugeraho.
Ikigo Muganga sacco kandi kigaragaza uburyo bw'imikoranire yacyo n'uru rwego mu gufasha ababarizwamo kwiteza imbere mu buryo buboroheye.
Iki kigo cy'imari cyatangiye mu mwaka wa 2017 nk'ikimina cy’abakora mu rwego rw'ubuzima ni ukuvuga abaganga, abaforomo, abapharmacien, n'abandi bo muri uru rwego, kuri ubu kikaba kimaze umwaka umwe gusa kibaye ikigo cy'imari kibarizwamo abasaga ibihumbi 10, cyari gisanzwe gikorana n'abakorera inzego za leta gusa ariko kuri ubu kikaba cyaratangiye no gukorana n'abikorera bo muri uru rwego n'ubundi.
Ntete Olive
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru