AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Abageze mu za bukuru baravuga ko biteguye kwakira urukingo rwa 2 rushimangira rwa Covid19

Yanditswe Aug, 05 2022 19:09 PM | 72,396 Views



Abageze mu za bukuru baravuga ko biteguye kwakira urukingo rwa 2 rushimangira, kuko bamaze kubona akamaro ko kwikingiza Covid-19, ni mu gihe Minisiteri y'ubuzima ivuga ko mu cyumweru gitaha hazatangira gahunda yo gutanga urwo rukingo mu rwego rwo gukomeza guhangana n'icyorezo cya Covid-19.

Hirya no hino mu mujyi wa Kigali abantu ni urujya n'uruza, abandi bari mu mirimo itandukanye, uku siko byari bimeze mu bihe bishize ubwo icyorezo cya covid-19 cyazengerezaga isi n'u Rwanda rurimo.

Gukingira abaturage mu buryo bwuzuye bukurikije amabwiriza y'ishami ry'umuryango w'abibumbye rishinzwe ubuzima, ni kimwe mu byatumye abantu basubira mu bikorwa bitandukanye batikanga.

Hakingiwe abaturage kuva ku bafite imyaka 12 kuzamura, abafashe urukingo rwa mbere bageze ku kigero cy' 100% , abafashe urwa mbere n’urwa 2 ni hafi 99% mu gihe abahawe n’urwa 3 rwo gushimangira bageze kuri 72% . 

Minisiteri y'ubuzima ivuga ko mu cyumweru gitaha hazatangira gutangwa urukingo rwa kabiri kwishimangira, ni ukuvuga urukingo rwa 4 rwa covid 19. 

Uru rukingo rukazahabwa cyane cyane abantu bakuze bafite imyaka 60 kuzamura.

Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y'ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse avuga ko abantu bakuze aribo barebwa cyane n'iyi gahunda yo kwishimangiza bwa kabiri.

"Niyo gahunda ihari kuko abantu bafashe urukingo rwa mbere rushimangira barengeje amezi 4 babonye urwo rukingo, bivuze ko ubudahangarwa bwabo bugenda bugabanuka ariko mu mezi ashize virusi ya Omicron yari igihari bigaragara ko abantu bakuze bafite intege nke, aribo bagenda bazahazwa n'iyi virus aribo cyane cyane dushaka guha urukingo rwa 2 rushimangira kugirango tubongerere ubudahangarwa."

Bamwe mu bakuze baganiriye na RBA bavuga ko biteguye kwakira uru rukingo rwa 2 rwo gushimangira kuko babonye akamaro ko kwikingiza mu buryo bwuzuye.

Hakizimana Emmanuel ati "Urwo rukingo turwakiriye neza cyane kuko ukurikije ukuntu covid19 yaje ifite ubukana nta muntu uva mu rugo ariko nyuma yo kwikingiza ubuzima bwagiye bugaruka neza. Bityo kuba bavuga ko twishimangiza urukingo rwa 2 turwiteguye neza cyane ntakibazo kabisa kuko nta kibazo zadutwaye."

Uwamariya Beatha we yagize ati "Narishimangije n'ubu mfite agapapuro hano. Leta nayishimira kuko iturinda ko twarwara izo ndwara kandi tunisaziye."

Minisiteri y'ubuzima ivuga ko 80% by'abantu bahitanywe na covid-19 ari abantu bari hejuru y'imyaka 50, iyi ikaba ariyo mpamvu yo gutanga urukingo rwa kabiri rwo gushimangira hibandwa ku bakuze.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura