AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abagore 5 muri buri karere binjiye mu Nama Njyanama

Yanditswe Nov, 13 2021 18:29 PM | 102,708 Views



Kuri uyu wa Gatandatu hirya no hino mu turere habereye amatora y’abajyanama batanu b’abagore bangana na 30% by’abagize inama njyanama y’akarere.

Bamwe mu bitabiriye aya matora basabye abatowe kuzibanda ku cyateza imbere umugore ndetse n’umwana w’umukobwa muri rusange.

Imbere y'inteko itora igizwe n’abagize inama njyanama z’imirenge igize buri karere,umukandida yahabwaga igihe cy'iminota itanu yo kwiyamamaza agaruka kubyo azageza ku baturage, mu gihe yaramuka agiriwe icyizere.

Abagore batanu bangana na 30% by'abagize inama njyanama y'akarere ni bo batowe nk'uko biteganywa n'itegeko nshinga rya Republika y'u Rwanda.

Aya matora yakozwe mu ibanga aho utora yahabwaga urupapuro ruriho amazina n'amafoto y'abakandida akajya mu bwihugiko agahitamo abo atora ariko batarenze batanu.

Bamwe mu batowe baba abagiye muri njyanama bwa mbere ndetse n'abatorewe indi manda, bavuga ko bazaharanira igiteza imbere abaturage by'umwihariko abagore n'abakobwa.

Ministiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi, yabwiye abatowe gutanga umwanya wabo n’ibitekerezo mu gufata ibyemezo byagirira uturere bahagarariye akamaro.

Nyuma yo gutora abagore bangana na 30% by'abagize njyanama, biteganyijwe ko amatora azakomeza taliki ya 16 z'uku kwezi aho hazaba hatorwa abajyanama rusange 8 kuri buri karere.


Dorocy Mbabazi



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira