AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Abahagarariye Tanzania n'u Burundi muri EALA batumye amatora asubikwa

Yanditswe Dec, 18 2017 23:21 PM | 7,578 Views



Inteko shinga mategeko y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA) yatangije imirimo yayo muri manda ya 4. Cyokora abagize iyo nteko bamaze barahira ariko amatora ya Perezida w’Inteko yahise asubikwa yimurirwa kuri uyu wa kabiri.

Abakandida bagomba gutorwamo Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya EALA ni Depite Martin Ngoga uhagarariye u Rwanda; Léontine Nzeyimana w’u Burundi na Adam Kimbisa wa Tanzania. Amakuru aturuka i Arusha aravuga ko uku gusubikwa byaturutse ku ngingo zirimo kuba hari abahagarariye Tanzania n’u Burundi batasubiye mu cyumba cy’Inteko ishinga amategeko nyuma y’akaruhuko kakurikiye umuhango wo kurahira.

Bamwe mu badepite b'uwo muryango baragaruka ku mpamvu zatumye ayo matora ataba. Depite Peter Mathuki yagize ati, ''Uruhare rw'inteko ni ukugenzura urwego nyubahirizategeko, ubwo rero mu gihe dufite Prezida w'inteko avuye mu gihugu kimwe n'umunyamabanga Mukuru akava muri icyo gihugu hazaba harimo kugongana kw'inyungu niyo mpamvu rero bikwiye ko prezida ava mu kindi gihugu cy'uwo muryango gitandukanye n'icyatanze Umunyamabanga mukuru''

Inteko ya kane ya EALA yagombaga gutangira imirimo yayo ku wa 5 Kamena 2017, ariko bikomwa mu nkokora no kuba Kenya yari itaratora abazayihagararira kubera ko itashoboye kumvikana ku bakandida bazahagararira icyo gihugu mu nteko ishinga amategeko ya EALA. Gutangiza imirimo y'inteko ya EALA byabereye i Arusha muri Tanzania byitabiriwe na Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza.

Ibihugu bya Tanzania, Kenya na Uganda kugeza ubu ni byo bimaze kuyobora Inteko y'umuryango w'Afrika y'iburasirazuba ugizwe n'ibihugu 6.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura