AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Abahanga mu by’indimi basanga abantu bakwiriye kwirinda kuvangavanga indimi

Yanditswe Sep, 06 2019 19:21 PM | 13,587 Views



Abahanga n’abashakashatsi mu by’indimi bavuga ko abantu bakwiriye kwirinda kuvangavanga indimi kuko bituma akenshi ubutumwa bashatse gutanga butumvikana neza. 

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru abasobanurira bimwe mu bikubiye mu bushakashatsi bwe, Dr Joseph Gafaranga impuguke akaba n’umwarimu wa Kaminuza mu bijyanye n’indimi asobanura ko hari igihe biba ngombwa ko indimi zifashishwa kugira ngo zunganirane, ariko ubundi ko bibaye byiza nta ndimi zirenze rumwe zikwiriye gukoreshwa icyarimwe ari byo byitwa ivangandimi.

Ku rundi ruhande, Intebe y’Inteko nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, Prof Niyomugabo Cyprien, agaragaza ko hakiri ikibazo cy’uko mu Rwanda nta mabwiriza ahari agenga imikoreshereze y’indimi. Gusa yemeza ko nta na rimwe umuntu ubwira abantu benshi icyarimwe akwiriye kuvangavanga indimi.

Umuti kuri iri vangandimi, abahanga bemeza ko abenerurimi ari bo bagomba kurusigasira, kurukungahaza no kuruhesha agaciro, bihereye mu miryango kuko ari ho abana barwigira bakahatorezwa n’umuco.

Inkuru mu mashusho





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira