AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Abahinzi ba Chia Seeds baberewemo asaga miliyari 1 Frw

Yanditswe Aug, 02 2022 17:36 PM | 49,937 Views



Amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari imwe ni yo ikigo cyari kugura umusaruro wa Chia Seeds kivuga ko kibereyemo abahinzi hirya no hino mu gihugu, gutinda kubishyura bikaba byarabakururiye igihombo kirimo no kugurisha umusaruro ku giciro kiri hasi cyane ku buryo bemeza ko byabaciye intege.

Aba bahinzi bavuga ko bitabiriye guhinga Chia seeds ari benshi, kuko cyari igihingwa cyari cyadutse mu Rwanda. 

Ikindi ngo bari bafite isoko ari nabyo byatumye mu gihembwe cy'ihinga cyakurikiyeho bagura ubuso bahingagaho mu rwego rwo kurihaza.

Kuri ubu ariko abahinze Chia seeds mu turere twa Nyanza Kayonza na Ngoma, barataka igihombo batewe n’abo bagiranye amasezerano yo kubagurira umusaruro wose bahinze n'uwo baguze ntibawishyurwa. Barasaba kurenganurwa.

Yves Ndayisenga umunyamigabane muri Akenes And Kenels Ltd, ikigo cyagiranye amasezerano n'aba bahinzi y'isoko rya chia seeds, avuga ko bakomwe mu nkokora no gutinda kubona ibyangombwa bibemerera gukora, gusa akemeza ko hari aho bageze mu kwishyura aba baturage.

Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry'ubuhinzi mu kigo cy'igihugu gishinzwe ubuhinzi n'ubworozi RAB, Dr Charles Bucagu avuga ko Leta irimo gukora ibishoboka kugirango haboneke igisubizo cyafasha aba bahinzi kuva mu gihombo.

Ubusanzwe ikiro cya chia seeds cyari kigeze ku mafaranga 3000 iyo babaga baguriwe na kiriya kigo bagiranye amasezerano. Kubura isoko bituma abahinzi bakorana n'abamamyi bakishyurwa amafaranga hagati ya 800 na 500 ku kiro. 

Akenes and kernels Ltd bavuga ko imyenda babereyemo abahinzi ari miliyari 1.1 Frw.

Mbabazi Dorothy



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira