AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abakora imishinga irebana n'ubutaka barasabwa kurengera ibidukikije

Yanditswe Jan, 04 2018 22:08 PM | 4,576 Views



Abakorera imishinga ku butaka no munsi ya bwo barasabwa kujya barushaho kububungabunga kandi bagasesengura n'ingaruka zishobora guturuka kuri iyo mikoreshereze y'ubutaka. Ibi barabisabwa n'ikigo cyo kubungabunga ibidukikije, mu gihe abadepite bagize komisiyo y'ubuhinzi, ubworozi n'ibidukikije mu nteko ishinga amategeko barimo gusesengura ingingo zigize umushinga w'itegeko ryo kubungabunga ibidukikije risimbura iryari risanzweho ryo mu 2005.

Abaturiye imishinga y'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro na kariyeri basanga kubungabunga imigezi, gusubiranya ahacukuwe no gutera ibiti ari bimwe mu bikwiye kwitabwaho mu gihe abashyira mu bikorwa bene iyo mishinga batangiye cyangwa barangije akazi kabo:

Ibyo kubungabunga ahakorewe ubucukuzi ku butaka ndetse n'ikuzimu, biteganywa no mu mushinga w'itegeko rishya ryo kubungabunga ibidukikije risimbura irya risanzweho kuri ubu ririmo gusuzumirwa muri Komisiyo y'ubuhinzi, ubworozi n'ibidukikije.  

Nyuma yo kuvugurura itegeko nshinga, byagaragaye ko iri tegeko ryo kubungabunga ibidukikije ritakomeza kuba itegeko ngenga ahubwo ryaba itegeko risanzwe. Ikindi cyatumye rivugururwa ni uko ibijyanye n'imihindagurikire y'ikirere nabyo byakwitabwaho kuko bitavugwaga mu itegeko risanzweho. 

Inkuru mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira