AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abakora mu rwego rw'ubuzima bagiye gushinga Umuganga Sacco

Yanditswe Oct, 28 2021 16:46 PM | 153,708 Views



Abakora mu nzego z’ubuzima baravuga ko kwishyiriraho ikigo cy’imari gitanga inguzanyo bakava mu buryo bw’ibimina bizabafasha kwiteza imbere kandi umutungo wabo ukazaba ufite umutekano. Minisiteri y’ubuzima yo ikavuga ko yiteguye gufasha iki kigo cy’imari kwiyubaka.

Kuva mu myaka 4 ishize bamwe mu bakora mu nzego z’ubuzima bari barashyizeho uburyo bwo kwizigamira amafaranga bakanaguza, bukora nk’ikimina,buzwi nka Heath Sector Staff Mutual Aid Group(HSS-MAG)ariko noneho kuva kuri uyu wa 4, bateye indi ntambwe aho icyo kimina bagihindura ikigo cy’imarii kizakora nk’Umuganga SACCO. Ni gahunda abanyamuryango bishimira bakavuga ko ije kubateza imbere kandi ikaba yizewe:

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Mpunga Tharcisse asanga ubu buryo bwo guhindura ikimina kikaba ikigo cy’imari bitanga icyizere kandi ngo Leta irateganya kugitera inkunga.

Yagize ati  "Ikimina ni icyizere ugirana n’umuntu icyo cyizere gishobora gutakara igihe icyo ari cyo cyose bitewe n’impamvu runaka. Mu rwego rw’amategeko nta kintu kiba kigenda cya cyizere muba mufitanye. Ikindi ni uko byatumaga abantu bakoresha amaf atari ayabo. Iyo nashyiragamo amafaranga bakankubira 2 babaga bampaye n’ay’undi munyamuryango, nashoboraga kutayishyura nkaba nteje ikibazo. Leta ifite gahunda yo gutera inkunga iki kigo cy’imari kugira ngo kigurize abanyamuryango."

HSS-MAG ubu ifite abanyamuryango 10.000, ikagira ubwizigame busaga miliyari 4,5 n’inguzanyo zisaga miliyari 2 imaze gutanga.

John BICAMUMPAKA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira