AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Abakuru b’ibihugu bya EAC banzuye ko imvugo zibiba urwango muri RDC zihagarara

Yanditswe Jun, 20 2022 18:47 PM | 126,502 Views



Abakuru b’ibihugu bya EAC banzuye ko imvugo n’imbwirwaruhame zibiba urwango, n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi biganisha kuri Jenoside bigaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bihagarara.

Uyu ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu biganiro byahurije mu muhezo abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa EAC kuri uyu wa mbere i Nairobi muri Kenya.

Imyanzuro y’ibi biganiro irimo ko ibihugu bigize EAC bitanga umusanzu mu bikorwa by’ubwiyunge n'amahoro arambye muri RDC kandi bagatahiriza umugozi umwe, mu gushaka igisubizo cyihuse kandi kirambye, cyane cyane mu majyaruguru ya Kivu no mu Majyepfo kimwe no mu Ntara za Ituri.

Abakuru b'ibihugu basabye ko imirwano ikomeje muri RDC ihita ihagarara ako kanya, kandi ibikorwa byo guhagarika imirwano bigomba guhita bitangira, n’abasirikare bagahita bava mu birindiro.

Aba bayobozi basanze hakwiye inzira za politiki kugira ngo abaturage ba DRC bumve bafite umutekano n’ituze, no gukomeza ibikorwa byabo by’imibereho myiza.

Abakuru b’ibihugu basabye ko muri uru rugendo rwo kugarura amahoro, hakwiye kubahirizwa ibikubiye mu Itegeko Nshinga rya DRC kandi bagashyira imbaraga mu guharanira igihugu cyunze ubumwe kandi gifite umutekano.

Muri rusange ibi biganiro byitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa DRC, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Salva Kiir Mayardit wa Sudan y’Epfo.

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yahagarariwe na Ambasaderi w’igihugu cye muri Kenya, John Stephen Simbachawene.

PAUL RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko