AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Abakuru b'ibihugu na za guverinoma 35 bategerejwe mu nama ya CHOGM

Yanditswe Jun, 17 2022 19:17 PM | 198,983 Views



Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko abakuru b'ibihugu na za guverinoma 35 aribo bategerejwe mu nama y’abakuru bibihugu na za Guverinoma bigize umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza izwi nka CHOGM, izaba mu cyumweru gitaha.

Mu kiganiro n'abanyamakuru kibanze kuri iyi nama ya CHOGM, minisiteri y'ububanyi n'amahanga yashimangiye ko ibintu byose biri ku murongo mu kwakira iyi nama ikomeye izitabirwa n’abantu bagera ku bihumbi 5,nk'uko byasobanuwe n'umunyamabanga wa Leta muri iyi minisiteri, Prof Nshuti  Manasseh.

Iyi nama ibaye yarabanje gusubikwa inshuro 2 zose kubera icyorezo cya Covid19 cyari cyugarije isi, gusa ubu cyagabanyije ubukana hirya no hino. Umunyamabanga wa Leta minisiteri y’ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse avuga ko hashyizweho ingamba zikomeye zo kurinda abazitabira iyi nama.

Ni inama izabera mu Mujyi wa Kigali, umuyobozi w'Umujyi, Pudence Rubingisa asaba abaturage gukomeza ibikorwa byaybo kandi bagatanga serivisi nziza kubazabagana.

Mu gihe serivisi za hoteli ari zimwe mu zo abazitabira iyi nama bazakenera cyane, Umuyobozi wungirije w'urwego rushinzwe iterambere RDB, Niyonkuru Zephanie nawe yagaragaje ko urwego rw’amahoteli rwateguwe bihagije.

Minisiteri y'ububanyi n’amahanga ivuga ko iyi nama izafasha cyane u Rwanda ariko kandi n'ibihugu byose muri rusange.

Muri iyi nama ya CHOGM hanateganyijwe ihuriro ry’urubyiruko rwo mu bihugu bigize commonwealth, ihuriro ry’abagore, ry’abacuruzi, Iry'imiryango itari iya leta Peoples Forum ndetse n'ibindi bikorwa by'imyidagaduro nk’ibitaramo by’umuziki n’imikino itandukanye.

Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko