Yanditswe May, 06 2022 13:53 PM | 77,297 Views
Abantu 200 bigiye ku murimo imyuga yo gusudira, kubaza ndetse n'amashanyarazi bo mu Karere ka Burera bashyikirijwe Impamyabumenyi nyuma y'ukwezi bagenzurwa ko ibyo bari basanzwe bakora mu buzima bwabo bwa buri munsi babikora kinyamwuga byujuje ubuziranenge.
Ni gahunda abarangije bishimiye cyane bagahamya ko bigiye kubafasha gukora ari abizerwa ahantu hatandukanye.
Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubumenyingiro mu Rwanda Rwanda, ni cyo cyafatanije na Sendika y'Abakozi bakora mu bwubatsi, ububaji n'ubukorikori STECOMA gufasha aba bantu kunoza imyuga yabo no kubaha Impamyabumenyi yemeza ko koko ibyo bakora bifite ireme bakaba bayereka uwo ari we wese ko babibizi neza atari ugushakisha.
Germaine Mudahogora ushinzwe gahunda ya Igira ku murimo mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubumenyingiro, avuga ko igihugu kinjiye muri iyi gahunda kugira ngo gihe umurongo unoze iyi myuga.
Sendika y'Abakozi bakora mu bwubatsi, ububaji n'ubukorikori mu Rwanda ivugako bishimira ko iyi gahunda iha abanyamuryango bayo agaciro.
Bamwe mu barangije bashima cyane iki gikorwa, bakavuga ko noneho bamaze kuba abizerwa mu kazi kabo ibizatuma bakabona ku bwinshi bakiteza imbere.
Umuyobozi w'Akarere ka Burera, Uwanyiligira Marie Chantal avuga ko nk'ubuyobozi izi ari imbaraga zindi bungutse.
Muri aba 200, abagera ku100 bize ubusideri, 50 biga iby'amashanyarazi naho abandi 50 biga ububaji, muri bo 41 ni ab'igitsina gore.
Kuva mu mwaka wa 2015 iyi gahunda itangiye abantu basaga ibihumbi 36 mu gihugu hose ni bo bamaze kurangiza muri iyi gahunda aho Intara y'Amajyaruguru yonyine ifitemo abasaga gato ibihumbi 3000.
Uwimana Emmanuel
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru