AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa – Soma inkuru...
  • Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi – Soma inkuru...

Abantu 4 bakurikiranweho kwiba ibikoresho by’iminara y’itumanaho n’iby’amazi

Yanditswe Apr, 14 2022 09:31 AM | 20,212 Views



Polisi y’u Rwanda yafashe abantu bane bakekwaho kwiba ibikoresho by’ubwubatsi bw’iminara y’itumanaho n’ibikoreshwa mu gukwirakwiza amazi byose bipima ibiro 560.

Ibikoresho byibwe bikaba ari ibyifashishwa mu kubaka iminara y’itumanaho bifite agaciro ka miliyoni 11.5, hanafashwe kandi n’ibikoresho byifashishwa mu gukora amazi na byo bifite agaciro kabarirwa muri za miliyoni, byibwe mu iduka riherereye mu Izindiro, mu Murenge wa Kimironko.

Abafashwe barimo n’umukozi warindaga ikigo cyubaka iminara cyitwa Only Infra-Construction &Trading Company Rwanda Ltd. Uyu musekirite bikekwa ko yibaga ibi bikoresho akabigurisha undi na we wabaga wahawe amafaranga na mugenzi we usanzwe ucuruza ibyuma byakoreshejwe.

Umuyobozi w’ikigo cya Guardsmark security company cyakoreshaga umusekirite ukekwa kugira uruhare muri ubu bujura, asanga ibi bikwiye kubera n’abandi isomo, ibigo bicunga umutekano bikajya biba maso kandi bigakorana n’izindi nzego kugira ngo umukozi ufatiwe mu byaha abihanirwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera asaba abafite inshingano zo kurinda iby’abandi kubikora neza aho kuba intandaro yo guhungabanya umutekanio wabyo.

Itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange rivuga ko uhamwe n’icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kiva ku mwaka 1 kugera kuri 2, ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe n’ebyiri, gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Ibi bihano bishobora kwikuba 2 bitewe n’uwabikoze, aho yabikoreye n’uburyo yabikozemo.

MBABAZI Dorothy



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’