Yanditswe Apr, 14 2022 09:31 AM | 20,212 Views
Polisi y’u Rwanda yafashe abantu bane bakekwaho kwiba ibikoresho by’ubwubatsi bw’iminara y’itumanaho n’ibikoreshwa mu gukwirakwiza amazi byose bipima ibiro 560.
Ibikoresho byibwe bikaba ari ibyifashishwa mu kubaka iminara y’itumanaho bifite agaciro ka miliyoni 11.5, hanafashwe kandi n’ibikoresho byifashishwa mu gukora amazi na byo bifite agaciro kabarirwa muri za miliyoni, byibwe mu iduka riherereye mu Izindiro, mu Murenge wa Kimironko.
Abafashwe barimo n’umukozi warindaga ikigo cyubaka iminara cyitwa Only Infra-Construction &Trading Company Rwanda Ltd. Uyu musekirite bikekwa ko yibaga ibi bikoresho akabigurisha undi na we wabaga wahawe amafaranga na mugenzi we usanzwe ucuruza ibyuma byakoreshejwe.
Umuyobozi w’ikigo cya Guardsmark security company cyakoreshaga umusekirite ukekwa kugira uruhare muri ubu bujura, asanga ibi bikwiye kubera n’abandi isomo, ibigo bicunga umutekano bikajya biba maso kandi bigakorana n’izindi nzego kugira ngo umukozi ufatiwe mu byaha abihanirwe.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera asaba abafite inshingano zo kurinda iby’abandi kubikora neza aho kuba intandaro yo guhungabanya umutekanio wabyo.
Itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange rivuga ko uhamwe n’icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kiva ku mwaka 1 kugera kuri 2, ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe n’ebyiri, gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Ibi bihano bishobora kwikuba 2 bitewe n’uwabikoze, aho yabikoreye n’uburyo yabikozemo.
MBABAZI Dorothy
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
24 minutes
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
2 hours
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru