AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abantu banyuranye bashenguwe n'urupfu rwa Prof Nkusi wabaye Minisitiri w'Itangazamakuru akaba n'Umusenateri

Yanditswe May, 18 2020 10:06 AM | 22,570 Views



Prof Nkusi Laurent wari umuhanga mu ndimi, akaba yarakoze imirimo inyuranye, harimo kuba umwe mu bagize Guverinoma ndetse n'umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko yitabye Imana mu mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, azize uburwayi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Gicurasi 2020 ni bwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rwa Prof Nkusi Laurent wakoze imirimo itandukanye yaba  ijyanye n’uburezi ndetse na politiki.

Ni inkuru yababaje cyane abantu batandukanye bari bamuzi, baba abo bakoranye ndetse n’abo babanye ahantu hatandukanye. Ku rubuga rwa Twitter bacishijeho ubutumwa bunyuranye.

Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin yagize ati “Prof Laurent Nkusi wigeze kuba Umusenateri na Minisitiri yitabye Imana! Mbega inkuru mbi! Igihugu kibuze umugabo w'umunyabwenge kandi w'inyangamugayo. Honorable, Imana ikwakire mu ntore zayo, uruhukire mu mahoro.”

Na ho Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Ntezilyayo Faustin, yagize ati “Mbabajwe  cyane n’urupfu rwa Prof. Laurent NKUSI wahoze ari Minisitiri akaba na Senateri. Imana Ishobora byose imwakire kandi ihumurize umuryango we muri ibi bihe bitoroshye.”

Makuza Bernard wayoboye  Sena y’u Rwanda  igihe Prof Nkusi yari Umusenateri, yagize ati “Nihanganishije umuryango wa Prof.NKUSI Laurent.Tubuze umugabo w'Inyagamugayo,Umunyakuri,Umunyabwenge,Umuhanga kandi wicisha bugufi(humble),ushyira mu gaciro.IMANA imwakire, arukire mu mahoro.”

Na ho Dr Emile Rwamasirabo wakoranye na Nyakwigendera yagize ati “Birababaje kumva ko Prof. Laurent Nkusi yitabye Imana. Yari umwe mu bahanga ba mbere mu bijyanye n’indimi n’ubumenyamuntu mu Rwanda. Tuzahora tumwibukira ku uruhare yagize mu kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aruhukire mu mahoro.

Prof Nkusi Laurent yari muntu ki?

Prof Nkusi yavukiye mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo, hari  tariki 20 Werurwe 1950. Amashuri yisumbuye yayigiye muri Koleji ya Kristu Umwami i Nyanza na ho Kaminuza ayigira muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda.

Prof Nkusi yari umwe mu bahanga mu ndimi mu Rwanda, akaba yari afite impamyabushobozi y’ikirenga mu ndimi n’ubumenyamuntu.

Afite imyaka 26 gusa yatangiye kwigisha mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, icyo gihe hari mu mwaka wa 1976. Uretse kwigisha, muri iyo kaminuza yanayoboye amashami atandukanye harimo n’Ishuri ry’Itangazamakuru. Akaba yaravuye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu mwaka wa 2000.

Kuva mu 2000 kugeza muri 2003, Prof Nkusi Laurent yinjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nka Minisitiri w’ubutaka, gutuza abantu no kubungabunga ibidukikije.

Uyu mwanya awuvuyeho, guhera muri 2003 yagizwe Minisitiri ushinzwe itangazamakuru mu Biro bya Minisitiri w’Intebe. Akaba yarayoboye iyo minisiteri mu gihe cy’imyaka 5.

Muri 2009, Prof Nkusi Laurent yasubiye mu rwego rw’uburezi, aho yagizwe Umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo mu Ishuri rikuru ry'Ubuhinzi, Ikoranabuhanga n'Uburezi rya Kibungo, umwanya yavuyeho muri 2011.

Guhera muri 2011. Prof Nkusi, yinjiye mu Nteko Ishinga Amategeko nk’umusenateri uhagarariye amashuri makuru na za kaminuza zigenga, aho yasoje manda ye muri 2019.

Nkusi Laurent yari anasanzwe ari umwe bagize akanama ngishwanama k’ishuri rya Riviera High School.

Jean-Claude NDAYISHIMYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage