AGEZWEHO

  • RIB ifunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

Abanyamahanga bitabiriye siporo rusanze basanga ikwiye kugera no mu bindi bihugu

Yanditswe Jul, 07 2019 14:43 PM | 11,175 Views



Abanyamahanga batuye mu Rwanda ndetse n'abahatembera, bitabiriye siporo rusange bahamya ko ari gahunda nziza ikwiye gusakara no mu bindi bihugu.

Mu mihanda imwe y’Umujyi wa Kigali iba ikomye ku binyabiziga bikoresha moteri, ni ho uhita uhura n’ingeri zinyuranye z’abari muri siporo rusange imenyerewe nka car free day.

Abana, abasore n’abakuze, abanyarwanda n’abanyamahanga bakomeje kwitabira iyi gahunda.

Zeken Gurdnmon ukomoka mu Buhinde na Suzan wo muri Singapore, ni bamwe mu bitabiriye siporo rusange yabaye kuri iki cyumweru, basanga ikwiriye no kugera iwabo kuko ifasha kubungabunga ubuzima.

Gurdnmon ati “ Bifasha  umuntu kumererwa neza kubera imyitozo ngororamubili, kuza hano n'amaguru ku cyumeru n'umuryango wawe nabyo ni iby’ingenzi, iwacu mu Buhinde sports irakorwa, ariko kutabisikana n'imodoka ukaza gukora imyitozo nk'iyi, ni igitekerezo cyiza umuntu yasangiza igihugu cye”

Suzan ati “Nifuje kwifatanya n'abaturage ba Kigali gukora imyitozo nk'iyi kandi ni byiza, ikirere ni cyiza abantu beza, ahantu hose haratoshye ibi bitanga ubuzima bwiza, ikindi birashimisha iyo umuntu yifatanyije n'imbaga aho buri wese aba ashaka gukora.”

N'ubwo siporo rusange iba ku cyumweru cya mbere n'icya gatatu cya buri kwezi, Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Busabizwa Parfait avuga ko bifuza no mu cyumweru cya kabiri n'icya kane yajya iba mu tugari twose, kuko byafasha n’abakuze kuyitabira.

Ati “Ikindi twifuza ni uko icyumweru cya kabili n’icya kane hajya hakorwa sports mu tugari igihe car free day itabaye kugira ngo sports ikomeze kwegera abantu aho batuye mu rwego rwo kongera umubare w'abakora sports cyane cyane nk'abakuze badashobora kujya kure.”

Abitabiriye siporo rusange nyuma y’imikino ngororamubiri, banapimwa indwara zitandura ndetse bakagirwa n'inama zuko bakwitwara kugira ngo bagire ubuzima buzira umuze.

Dr Rwagasore Edson Umukozi mu Kigo cy’Igihugucy’ubuzima (RBC) ushinzwe gukurikirana bene izi ndwara avuga ko kwitabira kuzipimisha kwa muganga bikiri hasi ku buryo iyi gahunda ya siporo rusange na yo hari icyo ifasha.

Ati “Ubwitabire bw'abantu ntabwo ari bwinshi, ugereranyije mu bitaro bitandukanye, ikaba impamvu duhora dukangurira abantu kwibuka kwita ku buzima bwabo ni yo mpamvu twabegereje iyi service kugira ngo babone ayo mahirwe ku badashobora kujya ku bitaro. Na none iyo dusanze hari umuntu ufite ikibazo, tumwohereza ku kigo nderabuzima kimwegereye kugira ngo akurikiranwe.”

Iyi siporo rusange, yatangijwe n'umujyi wa Kigali ku wa 29 Gicurasi 2016, kubera ubwitabire iza kongererwa aho ikorerwa hagera kuri hane, ndetse n’inshuro ziba 2 zivuye kuri 1 mu kwezi.

Abantu bagera ku bihumbi bitanu bitabira iyi gahunda bafite intego yo kubaka umubiri binyuze muri siporo, na ho abarenga 300 bakisuzumisha indwara zitandura kuri buri site yakoreweho siporo.

Faradji NIYITEGEKA




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #