AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi muri Ruhango biyemeje gukurikirana ibibazo by'abaturage no kubitangira raporo

Yanditswe Jun, 27 2022 15:16 PM | 100,364 Views



Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu karere ka Ruhango, baravuga ko bagiye kwihatira gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage ndetse bakanabitangira raporo, kugira ngo abanyamuryango barusheho kugira uruhare rugaragara mu mibereho myiza y'abaturage.

Ibi babigarutseho mu nteko rusange y'ubukangurambaga bw'abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu karere ka Ruhango, aho aba banyamuryango bavuga ko kuba barongeye guhurira mu nteko rusange nyuma y'icyorezo cya Covid19 byatumye bongera kubona umwanya wo kwibukiranya ibibazo bikibangamiye imibereho y'abaturage ndetse n'uburyo bwo kubikemura.

Muri iyi nteko rusange aba banyamuryango ba FPR Inkotanyi bahuriyemo kuri iki cyumweru, hagaragajwe ko hari aho abanyamuryango n'inzego bakorana bagiye badohoka cyane cyane ku nzego z'Utugari n'Imidugudu ariko bagaragaza ko hari ingamba nshya batahanye nyuma y'iyi nteko.

Aba banyamuryango ba FPR Inkotanyi bihaye umukoro w'uko nibura buri wa Gatanu hazajya hakorwa raporo y'ibibazo byakiriwe bibangamiye abaturage. Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango akaba na Chairperson w'Umuryango muri aka karere, Habarurema Valens asobanura ko ubu buryo buzatuma aba banyamuryango barushaho kumva ko bafite inshingano yo kwita ku baturage.

Raporo y'ibibazo by'abaturage izajya itangwa buri wa Gatanu n'abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, n' iy'ibibazo bazajya baba bananiwe gukemura kuva ku rwego rwo hasi ukazamuka kugera ku rwego rw'Akarere.

Tuyisenge Adolphe



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura