Yanditswe Sep, 13 2019 08:03 AM | 11,297 Views
Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka ku
mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane rwakiriye Abanyarwanda 32 birukanywe
muri Uganda, nyuma yo kumara igihe kinini bafungiye muri kasho zo muri
icyo gihugu aho bavuga ko bari babayeho nabi banakorerwa iyicarubozo.
Aba Banyarwanda bagejejwe i Kagitumba mu masaha ya saa mbiri n’igice z’ijoro ryo kuri uyu kuwa Kane, Urwego rw’abinjira n’abasohoka ku ruhande rwa Uganda rukaba ari rwo rwabohereje mu Rwanda.
Muri aba Banyarwanda uko ari 32, 28 muri bo bafashwe tariki ya 23 Nyakanga 2019 basanzwe mu rusengero rwa ADEPR ruri ahitwa Kibuye mu Mujyi wa Kampala na ho abandi bane 4 bafitiwe mu bice bitandukanye byo muri Uganda. Bamwe muri bo bakora imirimo itandukanye abandi baragiye gusura abavandimwe babo babayo.
Mu buhamya bwabo
bwumvikanamo iyicarubozo bavuga ko bakorewe n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu,
mu gihe nyamara ngo bagiyeyo mu buryo bwemewe n’amategeko .
Aba Banyarwanda bakomeza bavuga ko hari abandi
bagenzi babo batari bake basize muri Uganda bafunze.
By'umwihariko uwitwa Harelimana Jean Paul
w’imyaka 32 y’amavuko, yemeza ko yageze muri Uganda akabwirwa
n’umuntu waho ko yaza akajya kumuha akazi, agiye aza kwisanga yaragiye kwigishwa
ibijyanye n'ibya gisikare
Muri rusange abafashwe bari mu rusengero rwa ADEPR bari bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kireka muri Mbuya ho mu Mujyi wa Kampala, na ho abafatiwe mu bice bitandukanye bo bari bafungiye kuri CMI (Urwego rushinzwe iperereza rya gisirikare muri Uganda).
Icyo aba Banyarwanda bahurizaho ni uko uko bose bari bafunzwe barinze bagarurwa mu Rwanda batagejejwe imbere y’ubutabera ngo bamenyeshwe mu buryo bweruye ibyaha baregwa.
Ni
mu gihe mu minsi yashize hari n’abandi Banyarwanda birukanwe muri icyo gihugu bagiye banyuzwa kuri uyu mupaka
wa Kagitumba mu bihe bitandukanye.
Inkuru mu mashusho
MUNYANEZA Geoffrey
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru