AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Uganda yarekuye abandi banyarwanda yari ifunze binyuranije n'amategeko

Yanditswe Feb, 03 2021 19:04 PM | 2,240 Views



Kuri uyu wa Gatatu igihugu cya Uganda cyarekuye abandi Banyarwanda 7 barimo n’umubeyi ufite umwana w’umwaka umwe n’igice, bakaba bari bamaze igihe bafungiye muri gereza zitandukanye z’icyo gihugu. 

Aba Banyarwanda bose bakiriwe n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare.

Ahagana saa sita z'amanywa yo kuri uyu wa Gatatu, ni bwo aba Banyarwanda barimo abagabo bane n'abagore babiri ndetse n'umwana w'umwaka n'igice bakiriwe ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare.

 Umwe muri aba Banyarwanda yageze ku mupaka atabasha no guhagaragara bitewe n'ibikorwa by'iyicarubozo yakorewe, ku buryo byasabye kumuterura agashyirwa mu kagare k'abarwayi.

 Bamwe muri bo ngo batunguwe no gufatwa babwirwa ko ari ba maneko b'u Rwanda.

Aba Banyarwanda bakigera ku mupaka wa Kagitumba babanje gupimwa Covid-19. Bavuga ko bari bafungiye muri gereza zitandukanye zirimo na Gereza y'igisirikare cya Uganda yitwa CMI. 

Ubuhamya bahuriyeho ni ubw'ihohoterwa rikomeye bakorewe ubwo bari muri gereza, ku buryo bamwe muri bo ryabagizeho ingaruka.

Aba Banyarwanda barekuwe n’igihugu cya Uganda baje bakurikira abandi bagiye barekurwa mu bihe bitandukanye. Nko ku mupaka wa Kagitumba mu mwaka ushize wa 2020 hanyujijwe abarenga 100 na bo bari bafungiwe muri Uganda mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

Hashize igihe umubano w’u Rwanda na Uganda urimo agatotsi. Ibikorwa byo gufunga mu buryo budakurikije amategeko no gukorera iyicarubozo Abanyarwanda baba muri Uganda byafashe indi ntera guhera mu mwaka wa  2017, kugeza ubwo u Rwanda rwageze aho rusaba abaturage barwo kutajya muri icyo gihugu ari na ko bimeze kugeza ubu.

Valens NIYONKURU



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu