AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abanyarwanda 7 bashoje mu banyeshuri 49 mu cyiciro cya 3 cya Kaminuza ya ALU

Yanditswe Mar, 16 2019 12:10 PM | 5,030 Views



Abanyeshuri 49 barangije icyiciro cya 3 cya Kaminuza muri Kaminuza ya African Leadership University (ALU).

Muri abo banyeshuri basoje amasomo yabo mu ishuri ry'ubucuruzi muri iyi kaminuza harimo Abanyarwanda barindwi.

Fred Swaniker washinze iyi Kaminuza avuga ko muri iki kinyejana cya 21 umugabane wa Afrika ufite amahirwe y'iterambere riyoboye Isi, ibi bikaba bikubiye mu ntego za Kaminuza ya ALU yo gusohora abanyeshuri bafite intego zo guhindura umugabane wa Afrika aho ibikorwa byabo byibanda ku guhanga udushya dutanga akazi kuri benshi.

Dr. Donald Kaberuka witabiriye umuhango wo gusoza amasomo y'abanyeshuri ba kaminuza ya ALU yabwiye aba banyeshuri ko batitezweho gukora ibintu bikomeye gusa ahubwo bagomba no kurangwa no kwihangana, ubudatsimburwa no gukomeza kwiga mu buzima bwabo bwa buri munsi. Ibi bikaba ari bimwe mu bizabafasha guhindura umugabane wa Afrika.

Abanyeshuri  biga muri Kaminuza ya African Leadership University baturuka mu bihugu birenga 12 byo muri Afrika.

Ibirori byo gusoza amasomo y'icyiciro cya 3 cya Kaminuza muri Kaminuza mpuzamahanga ya African Leadership university byitabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w'uburezi Dr. Eugene Mutimura.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira