AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Abanyarwanda batuye muri Sudan basangiye umuganura

Yanditswe Aug, 06 2022 19:33 PM | 83,691 Views



Abanyarwanda batuye mu gihugu cya Sudan n’inshuti zabo, bahuriye mu murwa mukuru w’iki gihugu Khartoum bizihiza umunsi mukuru w’umuganura. Uyu muhango waranzwe n’ibiganiro birimo n’imivugo igaruka ku kamaro k’umuganura ku mibanire y’abanyarwanda n’uburyo leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kugarura indangagaciro nyarwanda. 

Umuyobozi w’ibiro bihagarariye inyungu z’u Rwanda mu gihugu cya Sudan, Buhungu Abel yabwiye abitabiriye ibi birori ko umuganura ari kimwe mu bigize umuco nyarwanda kandi bikaba biteganywa n’itegeko nshinga u Rwanda rugenderaho cyane cyane mu ngingo yaryo ya 11. 

Yavuze ko n’ubwo kera umuganura wizihizwaga abanyarwanda basangira umusaruro ushingiye ku buhinzi muri ibi mu bihe igihugu kigezemo, harizihizwa umuganura ahubwo hishimirwa umusaruro mu byiciro bitandakanye birimo intambwe yatewe mu buzima, uburezi, ikoranabuhanga, ubucuruzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ibikorwaremezo, n’ibindi.

 Muri uyu muhango kandi hanabaye igikorwa cyo kwemeza amahame shingiro y’umuryango w’abanyarwanda batuye muri iki gihugu cya Sudan.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko