AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Abanyeshuli b'amashuli abanza bakoze ikizamini cya leta bizeye gutsinda

Yanditswe Nov, 13 2017 17:49 PM | 6,556 Views



Mu gihugu hose abanyeshuli basaga ibihumbi 230 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza. Abitabiriye ibi bizamini ndetse n'abarimu babafashije kubyitegura baravuga ko biteguye umusaruro mwiza.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ni bwo abanyeshuri biteguraga kwinjira mu byumba by'ibizamini. Mu mabwiriza bahawe mbere yo gutangira ibizamini harimo cyane kwirinda gukopera, no kubahiriza igihe mu byo bakora byose.

Muri uyu mwaka abanyeshuli bakoze ikizamini mu gihugu hose ni 237.181, bakaba bariyongereyeho 42.502 ni ukuvuga 25% ugereranyije n'umwaka ushize wa 2016. Abakobwa ni 130.787 bakaba bariyongereyeho 29.423 Ni ukuvuga 33% ugereranyije n'umwaka ushize. Naho abahungu ni 106,394 biyongereyeho 13.079, ni ukuvuga 17%.

Ibigo by'amashuli bifite abarangiza umwaka wa 6 nabyo byiyongereye 91 ni ukuvuga 3%, aho kuri ubu bigeze ku 2, 717. Mu gihe ibigo  bikorerwamo ibizamini na byo byiyongereyeho 31 ni ukuvuga 4% ugereranyije n'umwaka ushize wa 2016, aho kuri ubu bigeze kuri 858.

Inkuru irambuye mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama