AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abanyeshuli bo mu cyiciro rusange n'ab'umwaka wa 6 batangiye ibizamini bya leta

Yanditswe Nov, 21 2017 19:42 PM | 5,840 Views



Mu gihugu hose abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye basaga ibihumbi 140 bazindukiye mu bizamini bisoza icyiciro rusange n'umwaka wa 6 w'amashuri yisumbuye. Minisiteri y'uburezi iravuga ko ibyangombwa byose bikenerwa muri ibi bizamini byagereze aho ibizamini bikorerwa ku gihe.

Mbere y'uko abanyeshuri binjira mu byumba by'amashuli ngo batangire ibizamini babanzaga guhabwa amabwiriza abigenda ndetse hakabaho no kubasaka kugirango hatagira uwinjirana urupapuro cyangwa ikindi kintu cyatuma akopera.

Umunyamabanga wa leta muri ministeri y'uburezi ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye Issac Munyakazi na we atangaza ko ku ruhande rwa ministeri ibi bizamini nabo babyiteguye neza. Yagize ati, "Twarabyiteguye n'ibyangombwa byose byageze aho bigomba kugera, abagomba kubihagararira barahari nta kibazo mu by'ukuri twumva dufite mu gutangiza iki kizamini."

Abanyeshuri bose batangiye ibizamini bya leta ni 142,305 bakoreye ku bigo 858. Muri bo abakoze ikizamini gisoza icyiciro rusange ni 98,268 naho abarangije umwaka wa 6 ni 44,037.

Ugereranyije n'umwaka wa 2016 abanyeshuri bari biyandikishije gukora ibizamini bya leta bari 133,211 biyongereye ku kigero cya 6,8% kuko biyongereyeho abanyeshuri 9,094.       

Inkuru irambuye mu mashusho:




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira