AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Abanyeshuri b'abanyamahanga biga muri UNILAK baravuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabera isomo abayobozi ba Afurika

Yanditswe May, 20 2022 14:01 PM | 97,894 Views



Abanyeshuri b'abanyamahanga biga muri Kaminuza ya UNILAK ishami rya Nyanza, baravuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye gusigira isomo abayobozi ba Afurika, nk'ingaruka z'ubuyobozi bubi.

Ibi babivugiye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki gikorwa cyanitabiriwe n'abanyeshuri b'abanyamahanga biga muri iyi Kaminuza.

Sayloy T sachie wo muri Liberia aravuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ikwiye kuba isomo kuri Afurika yose nk'ingaruka z'ubuyobozi bubi.

Gusa bashima nanone imiyoborere myiza u Rwanda rugezeho muri iyi myaka 28 ishize Jenoside ihagaritswe kubera ubuyobozi bwiza.

Umuyobozi wa Kaminuza ya UNILAK ishami rya Nyanza, Mukandoli Denise avuga ko kwibuka Jenoside bari kumwe n'abanyeshuri b'abanyamahanga aba ari igihe kiza cyo kuvuga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ku buryo nabo bahakura isomo basangiza bagenzi babo kugira ngo Jenoside ikomeze ikumirwe mu bihugu byabo.

Kaminuza ya UNILAK ishami rya Nyanza yatangiye gukora muri 2010, kuri ubu yigamo abanyeshuri basaga 700 baturuka hirya no hino mu gihugu no hanze yacyo.

Callixte KABERUKA




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize