AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Abanyeshuri bangana na 60% bazaba bagana amashuri ya TVET muri 2024

Yanditswe Feb, 20 2022 16:06 PM | 51,925 Views



Ministiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine aratangaza ko hari icyizere ko intego u Rwanda rwihaye yo kuba muri 2024 abanyeshuri 60% barangiza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, bahita bakomereza amasomo yabo mu mashuri y’imyuga izagerwaho. 

Yabivugiye mu ishuri rya tekinike, imyuga n’ubumenyingiro rya Rubengera kuri uyu wa Gatandatu ubwo batahaga ibikorwaremezo binyuranye byubakiwe iri shuri.

Amacumbi y’abahungu n’abakobwa, igikoni kigezweho n’inzu yo gufatiramo amafunguro ni byo bikorwa byubakiwe ishuri rya TVET Rubengera byatashywe, ariko hanasuwe itanura rya kijyambere ribumbirwamo amatafari agezweho, byose byubatswe ku nkunga ya ambassade y’u Busuwisi mu Rwanda. 

Iri shuri ubusanzwe nta nzu abanyeshuri bararamo ryagiraga, bigatuma abaryigamo bose bataha kure.

Ni amahirwe akomeye ku banyeshuri batangiye kurara mu macumbi iri shuri ryubakiwe, aho ubu ngo babasha gusubira mo amasomo, n’abaturutse kure y’aho ishuri ryubatse ntibagorwa no kujya gucumbika ahandi.

Ambasaderi w’u Busuwisi mu Rwanda, Valentin Zellweger yatangaje ko ibyo bakora mu rwego rwo guteza imbere amashuri ya TVET biri mu murongo wo gushyigikira gahunda ya leta y’u Rwanda yo guteza imbere ubumenyingiro hagamijwe kwihutisha iterambere ry’igihugu.

Muri gahunda ya leta y’imyaka 7, u Rwanda rwihaye intego yo guhanga imirimo mishya ibihumbi 214 buri mwaka, kwigisha tekinike, imyuga n’ubumenyingiro bikaba inkingi ya mwamba muri iyi gahunda. 

Kugira ngo ibi bigerweho, birasaba ko abanyeshuri bangana na 60% bagana amashuri ya TVET muri 2024, ibintu Ministri w’uburezi Dr.UWAMARIYA Valentine atangaza ko hari icyizere ko bizagerwaho muri iyi myaka ibiri isigaye.

Aphrodis MUHIRE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize