AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Abarangije muri ILDP basabwe kwitanga mu gukemura ibibazo bikigaragara mu butabera

Yanditswe Sep, 24 2021 18:28 PM | 96,289 Views



Abarangije amasomo mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko, ILDP basabwe kwitanga mu gukemura ibibazo bikigaragara mu rwego rw'ubutabera.

Kuri iyi nshuro ya 9 iri shuri ritanga impamyabumenyi, abarirangijemo 254 barimo abashinjacyaha, abunganira abandi mu mategeko n'abacamanza, bavuga ko bahaboneye ubumenyi buzabafasha kunoza akazi kabo ka buri munsi.

Izere Mugeni Vedastine yagize ati “Indangagaciro ziranga umunyamategeko turaziga kandi tukanazisesengura cyane, ariko by’umwihariko tunahura n’ibindi bihugu bitandukanye tugasangira ubunanarirobonye, ibi bikadufasha kurushaho kunoza umwuga wacu by'umwihariko.”

Umuyobozi w'iri shuri, Dr Kayihura M. Didas avuga ko ubumenyi butangirwa muri ILPD butagarukira gusa ku kumenya, ahubwo hanibandwa ku kwigisha ku buryo bwimbitse guhuza ubumenyi biga n'ubunyangamugayo.

Ati “Twabasabye kugaragaza ubunyamwuga twabahaye, ariko bakongeraho ubunyangamugayo cyane kuko umuntu ashobora gukora umwuga neza ariko iyo atari inyangamugayo ubutabera buta agaciro kuko niho za ruswa zizira, ubunebwe n'ibindi bituma imanza zidacibwa neza."  

Minisitiri w'Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya avuga ko urwego rw'uburezi ruharanira gusohora abatanga ibisubizo by’ibibazo biriho, bityo ko n'abarangije amasomo muri ILPD bahuguwe cyane ku gutanga serivisi nziza ku banyarwanda bakemura neza ibibazo abanyarwanda bafite.”

Ati “Ni abantu basanzwe bakora bazi ibibazo bahura nabyo  muri iki gihe bamaze biga, bumvise kurushaho imbogamizi bahura nazo n’ukuntu bazigobotora, turizera ko bagiye gutanga umusaruro mu rwego rw'ubutabera bakemura ibibazo by’abanyarwanda.”

Minisitiri w'Ubutabera akaba n'intumwa nkuru ya leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel we yasabye abarangije amasomo yabo, gutanga umusanzu batizigamye mu kubaka urwego rw'ubutabera.

Yagize ati “Nizeye ntashidikanya ko  mwe mwasoje amasomo uyu munsi, imbaraga zanyu zose n’ubumenyi bushya mwungutse mu guhanga udushya, mwiteguye kurushaho guteza imbere iyubahirizwa ry'amategeko n'iterambere ry'uru rwego rw'ubutabera.”

Ni ku nshuro ya 9 iri shuri riherereye mu karere ka Nyanza ritanga Impamyabushobozi ku barirangijemo, baba abasanzwe barize amategeko muri Kaminuza ndetse banasanzwe bakora mu rwego rw'ubutabera.

Kuri iyi nshuro abarirangijemo 254 baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika.


Fiston Felix Habineza



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura