AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Abari batuye ahaguriwe Pariki ya Gishwati-Mukura bamaze imyaka 7 nta ngurane

Yanditswe Aug, 04 2020 07:56 AM | 31,447 Views



Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu baravuga ko bamaze imyaka irenga irindwi batarabona ingurane y’imirima yabo bambuwe ikagurirwamo ishyamba rya pariki y'igihugu ya Gishwati.

Ku misozi yo mu tugari twa Nyamirango ahari imirima yahingwamo imyaka itandukanye irimo n’ibirayi, no ku musozi wa Muramba wo mu kagari ka Muramba wari uriho inzuri zororerwagamo inka, ubu  hatewemo ibiti mu rwego rwo kuhagurira ishyamba rya Gishwati, 

Ba nyiri ubwo butaka bwo kuri iyo misozi  bavuga ko kugeza na n'ubu batarabona ingurane yabwo,  kuko kuva  mu mwaka wa 2012 n’uwa 2013 aribwo  ubuyobozi bwaje kububarura , ariko bubabwira ko bakomeza  kubukoresha mu gihe batarishyurwa.

Cyokora mu myaka ibiri ishize ngo bahagaritswe kongera gukoresha ubwo butaka babukurwamo, ariko kugeza na nubu ngo nta ngurane barahabwa.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko gutinda kwishyura aba baturage byatewe  n'uko imyirondoro yabo yandikwaga nabi, bituma amafaranga asubira muri Banki nkuru y’u Rwanda  BNR.

Ariko umuyobozi w'aka karere wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu Nzabonimpa Deogratias avuga ko mu cyumweru gitaha bafatanyije n’ikigo gishinzwe kubungabunga amashyamba bazakemura icyo kibazo.

Cyakora ku ruhande rw'abo baturage bifuza ko bagahabwa amafaranga y’imirima yabo, kuko atari ubwa mbere babyizezwa, dore ko bahora babwirwa ko hari abaza gukosora amakosa yakozwe mu myirondoro yabo bakizezwa ko bagiye kwishyurwa ariko ntibikorwe.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga abaturage barenga ibihumbi  5 700 ari bo bimuwe ahaguriwe ishyamba rya pariki y'igihugu ya Gishwati, abagera kuri 350 ni bo batarabona ingurane y’ubutaka bwabo.



Fredy RUTERANA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura