AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Abarimu 154 baturutse muri Zimbabwe bageze mu Rwanda kwigisha amasomo atandukanye

Yanditswe Oct, 20 2022 17:10 PM | 300,150 Views



Abarimu 154 baturutse mu gihugu cya Zimbabwe baje mu Rwanda kwigisha amasomo atandukanye, mu bufatanye bw'ibihugu byombi, bakaba bavuga ko bishimiye kugera mu Rwanda bakaba kandi biteguye gukora akazi kabo uko bikwiye.

Aba barimu 154 baturutse mu gihugu cya Zimbabwe barimo abagabo 96 n'abagore 58, bageze mu Rwanda ku munsi w'ejo mbere yo gutangira akazi babanza guhabwa amahugurwa y'iminsi 2 abafasha kumenya u Rwanda nk'igihugu bagiye gukoreramo no kumenya icyerekezo cy'akazi bagiye gukora. Abasaga 130 bazigisha mu mashuri y'inderabarezi 16 ari mu Rwanda, biteganyijwe ko nibura buri shuri rizakira abarimu 7.

Mungani Constance yagize ati "Ndishimira ko imyaka 2 ngiye kumara mu Rwanda nzagera ku nshingano zanjye kandi tuzatanga umusanzu wacu ushoboka nk'abarimu baturutse Zimbabwe."

Tobias Kamutando we yagize ati "Dushimishijwe cyane n'uko aya masezerano ashyizwe mu bikorwa mu gihe kitageze ku mwaka, ni agahigo gaciwe kandi ni ibintu twishimiye cyane."

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga n'amashuri y'imyuga n'ubumenyingiro, Irere Claudette avuga ko aba barimu bitezweho guteza imbere uburezi mu Rwanda kuko abenshi ari abarimu bigiye kwigisha mu mashuri y'inderabarezi.

"Bagiye kwigisha mu mashuri yo mu Rwanda, bagiye gufasha cyane cyane abarimu bacu, niyo mpamvu igice kinini abagera ku 135 bari mu mashuri nderabarezi kuko bagomba kwigisha abarimu bacu kwigisha, hanyuma abandi baje kudufasha mu bigo byacu bya tekenike na Polytechnique abenshi bayazi nka IPRC'S hanyuma hari n'abagomba kujya muri Kaminuza y'u Rwanda mu ishami ry'ubuvuzi."

Minisitiri wungirije w'abakozi ba Leta n'imibereho myiza muri Zimbabwe, Lovemore Matuke avuga ko igikorwa nk'iki cyo kohereza abarimu ba Zimbabwe mu Rwanda gituruka ku mubano mwiza uri hagati y'ibihugu byombi.

Aya mazezerano kandi y'imikoranire hagati y'ibihugu byombi anashimangira icyerekezo cy'umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Aba barimu  bafite amasezerano yo kuzamara imyaka 2 mu Rwanda kandi bahembwa n'u Rwanda.

Nyuma yiyo myaka 2 amasezerano akaba azavugurwa yongererwa igihe cyangwa ahagarikwa.

Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir