Yanditswe Jun, 24 2019 12:42 PM | 12,602 Views
Abayobozi b'ibigo, abashinzwe amasomo n'abarimu bigisha amasomo y'imibare, ubugenge, ibinyabuzima n'ubutabire mu mashuri yisumbuye bemeza ko bagiye guhindura uburyo bakoragamo isuzumabumenyi ku banyeshuli haba mu mikoro ndetse no mu bizami baha abanyeshuri. Ibi barabitangaza nyuma y'amahugurwa y'iminsi 2 basoje kuri iki cyumweru mu bijyanye n’uburyo bategura ibibazo bashingiye ku nteganyanyigisho.
Abarimu bigisha amasomo y'imibare, ubugenge, ibinyabuzima
n'ubutabire mu mashuri yisumbuye bavuga ko mu gutegura ibibazo baha abanyeshuli
mu isuzumabumenyi bibandaga ku kumenya niba umusheshuli ashobora kurondora ibyo
yafashe mu mutwe, ntibabihuze no kubyifashisha mu buzima busanzwe:
PHENIAS NKUNDABAKURA Umwarimu muri Kaminuza y' u Rwanda yagize ati, "akenshi abarimu bakunda kwibanda ku bijyanye n’isuzumabumenyi ku rwego rwa mbere, amasuzumabumenyi yibanda mu kumenya gusa niba umunyeshuri azi kurondora mu mutwe. bakibagirwa kumenya niba ibyo umunyeshuli azi kurondora azi no kubikoresha haba mu buzima busanzwe cg no mu bindi".
Nyuma y’amahugurwa y’iminsi ibiri bahawe n’ikigo nyafrika kigisha imibare n’ubumenyi, AIMS gifatanyije n’igishinzwe uburezi mu Rwanda REB, aba barezi, baremeza ko hari ibyo bagiye guhindura, harimo no kureba niba koko umunyeshuli yarigishijwe ibyo agiye kubazwaho.
NSENGIYUMVA OSCAR, uwmwarimu wagisha i Musanze nawe ati, "
si ukuvuga ko tudasanzwe turi abarimu beza, ariko mu burezi umuntu aba akeneye ubunararibonye mu bijyanye n'akazi. icyaburaga ni ubunararibonye buke mu bijyanye n'akazi, nyuma y’aya mahugurwa hari icyo tugiye gukosora".
Ibi byagarutweho na UWAMARIYA DIANE, umwarimu uturuka mu karere ka Ruhango, "Twabazaga abanyeshuri tutabanje kureba icyo curriculum iteganya,ukabaza umwana ntugere ku byateganijwe none mu mahugurwa batweretse ko iyo ugiye kubaza umwana ugomba kwifashisha curriculum kugira ngo urebe n'iba warabashije guha umwana ubumenyi ndetse n'uburyo bwo kuvumbura ibyo yigishijwe".
Dr ELINA TINOMENYA uhagarariye gahunda y'imyigishirize ndetse n'abarezi mu kigo Nyafrika kigisha imibare n'ubumenyi asobanura ko icyatumye bahugura aba barezi ari ukugira ngo isuzumabumenyi ritegurwa ribe ari irifasha abanyeshuli.
"Abahugrwa, abenshi n'abarimu bigisha ariko nanone dufitemo n'abashinzwe amasomo, dufite kandi n'abayobozi b'amashuri.ibi bivuzeko nyuma y'aya mahugurwa tuza dufite abarimu benshi bashobora gutanga neza isuzambumenyi ku banyeshuri ariko nanone isuzumabumenyi si ikizami, isuzumabumenyi rishobora gukorwa igihe urimo kwigisha. ibyo ni byo bintu twibanzeho duhugura muri iyi minsi ibiri ishize nizeye ko abarimu benshi bagiye kwibanda mu kwigisha batanga isuzumabumeyi kugira bifashe abanyeshuri".
Abahuguwe ni abarezi 180 barimo abarimu bigisha amasomo y'imibare, ubugenge, ibinyabuzima n'ubutabire, abayobozi b’ibigo n’abashinzwe amasomo mu mashuri yisumbuye. Baturutse mu bigo by’amashuli byo hirya no hino mu gihugu.
NI INKURU YA LEONCE NYIRIMANA na Ally Butare
END
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru