AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Abarimu bishimiye kongezwa imishahara

Yanditswe Aug, 01 2022 17:34 PM | 42,659 Views



Abarimu bo mu bice bitandukanye by’igihugu barashimira Leta ku cyemezo cyiza cyo kubongerera imishahara no kubatera inkunga ingana na miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, binyuze muri koperative yo kubitsa no kugurizanya UMWALIMU SACCO.

Abarimu batandukanye bigisha ku mashuri abanza n’ayisumbuye, baravuga ko bishimiye izi mpinduka bagashimira guverinoma kuba yafashe icyemezo cyo kuzamura umushahara wa Mwalimu, ikanatera inkunga koperative yo kubitsa no kugurizanya hagati y’abarimu UMWALIMU SACCO.

Umuyobozi mukuru w’iyi koperative yo kubitsa no kugurizanya, Uwambaje Laurence avuga ko izi mpinduka zabaye zizahindura byinshi  kumibereho ya Mwalimu, akurikije uburyo bari basanzwe bafata inguzanyo kandi bakazishyura neza.

Kuri ubu umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku mpamyabumenyi y'amashuri yisumbuye - A2 (aba barimu bose hamwe ni 68.207) yongerewe 88% by'umushahara utahanwa w'umutangizi cyangwa 50.849 FRW;

Umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku mpamyabumenyi y'icyiciro cya mbere cya Kaminuza - A1 (aba barimu bose hamwe ni 12.214) yongerewe 40% by'umushahara utahanwa w'umutangizi cyangwa 54.916 FRW.

Umwarimu ukorera kandi agahemberwa ku mpamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza - A0 (aba barimu bose hamwe ni 17.547) yongerewe 40% by'umushahara utahanwa w'umutangizi cyangwa 70.195 FRW.


Jean Paul Maniraho



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir