AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Abarimu n'abanyeshuri bo muri za kaminuza ziherutse gufungwa burundu bari mu gihirahiro

Yanditswe Jul, 07 2020 10:22 AM | 51,550 Views



Bamwe mu banyeshuri bo mu mashuri makuru na kaminuza 3 byambuwe uburenganzira bwo kongera gutanga amasomo andi agafungwa burundu barasaba Minisiteri y'Uburezi ko yabashakira imyanya mu zindi kaminuza zabakira.

Abarimu bigishaga muri aya mashuri barifuza ko bakwishyurwa  ibirarane by'imishahara yabo batahembwe.

Kaminuza 3 ziherutse gufungwa zirimo Ishuri  Rikuru Ndangaburezi rya Ruhango ryatangaga amasomo y'uburezi, Kaminuza ya Kibungo izwi nka INATEK ndetse na Kaminuza ya Gikiristo y'u Rwanda izwi nka CHUR.

Bamwe mu banyeshuri bigaga muri izi kaminuza bavuga ko batewe impungenge n'uko hari abari bararangije kwishyura amafaranga y'ishuri, kuri ubu bakaba batazi niba bazabona ahandi biga.

Ku rundi ruhande abarimu bigishaga muri izi kaminuza bavuga ko zibabereyemo amafaranga menshi batahembwe nabo bagasaba ko bakorerwa ubuvugizi bakishyurwa.

Impuguke mu burezi Dr Ruzibiza  Aloys avuga ko guhagarika ishuri runaka hashingirwa ku bipimo by'ireme ry'uburezi ritanga,imibereho y'abarimu n'abanyeshuri. Kuba hafatwa icyemezo cyo gufunga aya mashuri ngo biba byarakorewe ubugenzuzi bw'igihe kirekire kandi bakamenyeshwa ibyo batujuje bagasabwa ku byuzuza byabananira bagafungirwa mu rwego rwo guteza imbere ireme ry'uburezi.

Umuyobozi mukuru w'inama y'amashuri makuru na kaminuza Dr Rose Mukankomeje  avuga ko izi kaminuza zitangira gukora hari ibyo zari zasabwe kwerekana zirabitanga, ibisigaye na byo bitaratungana ziyemeza kubyuzuza.

Kuva mu mwaka wa 2017 zakorewe ubugenzuzi zigirwa inama kugeza ubwo hari ibyo batabashije guzuza bamburwa ibyangombwa abandi  barafungirwa.

Ku kibazo cy'abanyeshuri bafite impungenge z'uko bazabura kaminuza zabakira, uyu muyobozi avuga ko bakoze urutonde rw'abanyeshuri n’amasomo bigaga ku buryo bazashakirwa ahandi bakomereza bitewe n'ibyangombwa bazasabwa kwerekana.

Ku kibazo cy'abarimu baberewemo ibirarane by'imishahara ngo bazumvikana n'ibigo byabakoresheje hashingiwe ku itegeko rigenga umurimo. Na ho amafaranga y'ishuri abanyeshuri bari barishyuye ngo hazafatwa icyemezo nyuma yo kuganira n'abayoboraga aya mashuri makuru.


Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize