AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abarokokeye Jenoside mu misozi y’ibisi bya Huye barasaba ko imibiri y’abahaguye yaboneka igashyingurwa mu cyubahiro

Yanditswe Apr, 18 2022 20:38 PM | 46,883 Views



Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi  mu cyahoze ari komini Maraba, baravuga ko hashingiwe ku bukana Jenoside yakoranwe muri aka gace ku buryo hari n’aho abicanyi bakurikiraga abahungiye mu misozi y’ibisi bya Huye bakabica, hakwiriye kugira igikorwa kugira ngo imibiri y’abaguye muri iyo misozi iboneke ndetse ishyingurwe mu cyubahiro.

Komini Maraba yatangiye guhungirwamo n’Abatutsi guhera mu 1963 aho bazaga bameneshejwe mu makomini yari aturanye nayo yo mu cyahoze ari ubufundu.

Ibi ngo ni nabyo byaje korohereza abicanyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko babasangaga hamwe bakabica ndetse bakabakurikira kugera no mu nzira ziri mu misozi y’ibisi bya Huye bahunga.

Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini Maraba hanashyinguwe mu cyubahiro imibiri ine yabonetse mu bikorwa byo gucukura imirwanyasuri, umukecuru Bertirida Mukamusoni wabashije gushyingura abe uyu munsi,  avuga ko ibyishimo bye bituzuye mu gihe  hari abakinangiye gutanga amakuru y’ahakiri imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro batayatanga .

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kuri ubu barasaba ko hagira igikorwa imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro ikaboneka, haba ikiri mu bisi bya Huye ndetse n’iri ahandi hatandukanye. 

Perezida wa Ibuka mu karere ka Huye, Siboyintore Theodate avuga ko hakurikijwe ubukana Jenoside yakoranywe i Maraba nta kabuza mu bisi bya Huye hashobora kuba hakirimo imibiri.

Icyahoze ari komini Maraba kuri ubu ni Imirenge ya Simbi na Maraba mu karere ka Huye.

Depite Nitegeka Winifrida avuga ko hagiye gushyirwa imbaraga mu gukangurira abaturiye ibisi bya Huye gutanga amakuru y’aho iyo mibiri ikiri kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Tariki ya 18 Mata nibwo Abatutsi bari bahungiye kuri kiliziya ya Simbi mu cyahoze ari komini Maraba no mu nkengero zayo harimo no mu bisi bya Huye bishwe, kuri ubu  mu rwibutso rwa Simbi haruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi 40.


Tuyisenge Adolphe




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira