AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Abashoramari bo mu Rwanda bahuye n'abo muri Zimbabwe kureba aho bashora imali

Yanditswe Jan, 24 2018 23:02 PM | 4,389 Views



Abashoramari barenga 40 bo muri Zimbabwe bari mu Rwanda aho barimo kuganira na bagenzi babo bo mu Rwanda ku mahirwe y'ishoramari ari hagati y'ibihugu byombi. Urwego rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro n'ubuhinzi ni bimwe mu bigiye gushorwamo imari n'aba bashoramari.

Abashoramari bo mu Rwanda bagaragarije bagenzi babo bo muri Zimbabwe ko hari amahirwe y'ishoramari mu buhinzi, ubukerarugendo, no kubaka inganda zikora imiti y'ibintu bitandukanye.

Guhura kw'abashoramari b'u Rwanda na Zimbabwe ngo ni amahirwe kuri bo kuko bituma bagura imikorere yabo.

Umuyobozi w'urugaga rw'abikorera Benjamin Gasamagera aravuga ku mahirwe agendanye no gushora imari mu nganda mu Rwanda. Yagize ati, "Nko mu nganda ubu turi muri gahunda ya made in Rwanda, ni ibintu biziye igihe kuko na Zimbabwe isanzwe ifite inganda kuva cyera kuko bafite inganda zimaze imyaka 100 n'imisago, bafite ubunararibonye ntabwo ari ibintu ujya kubaka ushakisha, twebwe dufite isoko dufite n'ubushake twagize mu gihugu no mu buhinzi n'ubworozi."

Urugaga rw'abikorera (PSF) rwagaragaje kandi ko isoko ry'ibikorerwa mu Rwanda rihari kuko hari miriyoni 120 z'abaturage bari mu mu bihugu by'umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba bagezwaho ibicuruzwa bitandukanye bikorewe mu Rwanda.

Inkuru mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize