Yanditswe Jan, 15 2020 09:59 AM | 1,564 Views
Abasirikare, abapolisi ndetse n'abakora mu rwego rushinzwe abinjira n'abasohoka bahuriye mu biganiro by’umunsi umwe byabahurije hamwe n'abasirikare bakuru bo muri Israel ku bijyanye n’imbogamizi z'umutekano muke ku mipaka n'uburyo bwo guhangana na zo.
Brig General Yair Kulas ni umuyobozi ushinzwe imibanire y’ingabo za Israel n’amahanga, agaragaza ko muri iki gihe isi yugarijwe, n’ibikorwa by’iterabwoba, ubushotoranyi bwa bimwe mu bihugu n’ibindi bishobora kubangamira ubusugire bw’ibindi bihugu.
Uko babyitwaramo ni bwo bunararibonye asangiza abasirikare, abapolisi n’abakora mu rwego rw’abinjira n’abasohoka mu Rwanda kugira ngo umutekano w’imipaka ukomeze gusigasirwa.
Yagize ati ’’Ibikorwa by’iterabwoba ni mpuzamahanga bityo kubirwanya birasaba ubufatanye bw’ibihugu byose, ntidukwiye guhangana n’abakora iterabwoba gusa ahubwo dukwiye no guhangana n’impamvu zituma ribaho. Israel ihura kenshi n’ibi bibazo ariko igahangana na byo yifashishije ikoranabuhanga ikesha inganda zateye imbere cyane, bumwe mu buryo dukoresha turasangizanya muri aya mahugurwa agamije kurushaho kurinda imipaka. Israel yagaragaje ko ifite ubushobozi bwo kwirinda ubwayo ibi bikorwa by’iterabwoba. Imikorere ndetse n’ibikoresho bya zimwe muri kompanyi za israel byagiye byifashishwa n’ibihugu byinshi byo ku isi kandi bigatanga umusaruro.’’
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Ron Adam avuga ko gusangizanya ubu bunararibonye ahanini binashingiye ku mubano w’ibihugu byombi washibutse byisumbuyeho umwaka ushize wa 2019.
Ati ’’2019 yasize umubano wacu ku rundi rwego. Ifungurwa rya ambasade yacu hano i Kigali mu kwezi kwa Gatanu, n’itangizwa ry’ingendo za RwandAir Tel Aviv – Kigali ni gahunda zigaragaza ubushake bwo guteza imbere umubano wacu. Amateka ibihugu byacu byanyuzemo yatumye ibyo dukora byose bishyira imbere umutekano. Israel imaze gutera imbere mu bijyanye n’umutekano kandi umubano mwiza n’ubufatanye dufitanye biratanga amahirwe yo gusangizanya ubwo bunararibonye.’’
Minisitiri w'Ingabo Maj Gen Albert Murasira ashimangira ko umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Israel uzakomeza kubakirwaho mu kuzamura imibereho y’abatuye ibihugu byombi.
Ati ’’Biragaragara neza ko gutera imbere kw’imibanire yacu bizarushaho guhuriza hamwe abantu bacu n’ibigo bitange amahirwe yo kungurana ubumenyi. Ndizera ntashidikanya ko aya mahugurwa azatanga azarushaho gushimangira umubano wacu ndetse anatange amahirwe ku bantu yo gukorera mu bwisanzure n’ituze mu nyungu za twese.’’
Ibi biganiro by’umunsi umwe byari bigamije kongera ubumenyi mu bikorwa byo gusigasira ubusugire bw’igihugu cyane cyane umutekano w’imipaka ’border protection’ bigenewe abasirikare, abapolisi ndetse n’abakora mu rwego rw’abinjira n’abasohoka.
Inkuru ya Paul RUTIKANGA
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru