AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Abaturage bakomeje kwinubira ikibazo cy'ibura rya Network

Yanditswe Mar, 12 2019 12:33 PM | 4,784 Views



Abaturage mu bice by'umugi no mu byaro bemeza ko usibye kuba hari abatuye ahirengeye, hari tumwe mu duce tugaragaramo cyane ikibazo cyo kubura ihuzanzira Network ku materefoni yabo, ahandi ikaboneka icikagurika. Ngo hari n'abakora ibirometero kugira ngo bajye guhagarara ahaboneka reseaux kugira ngo babashe guhamagara. 

Sosiyete y'itumanaho ya MTN Rwanda na Tigo-Airtel nizo abaturage bavuga ko hari uduce tumwe na tumwe batabasha kubona reseaux kuri telefoni zabo. Ubuyobozi bwa MTN Rwanda bwemera ko icyo kibazo gihari mu duce tumwe na tumwe, kandi ko cyatewe n'imirimo yo kwagura imiyoboro y'itumanaho iyo sosiyete ikoresha, kandi ko bizaba byakemutse mu gihe gito.

Umukozi w'iyi Sosiyete mu ishami rishinzwe ikoranabuhanga, Sesonga Eric, avuga ko hari gahunda yo gushyira iminara mu ma-Quartier mashya agenda aburamo reseaux ku buryo bitarenze uyu mwaka bizaba byakemutse.

Si mu migi gusa hagaragara icyo kibazo kuko no  ku mipaka y'u Rwanda usanga hari imiyoboro yo mu bindi bihugu bituranye n'u Rwanda igaragara mu matelefoni afite imirongo ikorera mu Rwanda. Umuyobozi w'agateganyo ushinzwe ishami rijyanye n'ikoranabuhanga mu rwego ngenzuramikorere RURA Protais Kanyankore, avuga ko hari iminara Izubakwa hirya no hino mu gihugu, ikazakemura iki kibazo.

Imibare ya MTN igaragaza ko abaturage batishimiraga network bagabanutseho ku gipimo cya 50% nyuma yo kwagura imiyoboro ya MTN kugeza kuri 90% umwaka ushize, kwihuta mu gukoresha internet nabyo byikubye inshuro 2.5, abakoresha umurongo wa MTN bikubye inshuro 3 cyane cyane kuri internet. Ibi ibi bikorwa biri gutwara miliyoni zirenga 20 z'amadorali. 

Ni inkuru ya Bienvenue Redemptus 





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura