AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Abaturage barasabwa kwandikisha abana mbere y'isozwa ry'ukwezi kw'irangamimerere

Yanditswe Dec, 20 2016 18:03 PM | 2,560 Views



Tariki ya 23 ukuboza nibwo biteganyijwe ko ukwezi kw'irangamimerere gusozwa. Ni ukwezi kwashyizweho kugira ngo abaturage bacikanywe na service zijyanye no kwandika abana bavutse cyangwa kwandukuza abitabye imana bazibone kandi ku buntu.

Ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu irongera gukangurira abaturage kwitabira service z'irangamirere kugira ngo bandikishe abana bavutse no kwandukuza abitabye imana muri iyi minsi mike isigaye ngo ukwezi kwahariwe irangamirere gusozwe. Ni mu gihe bamwe mu baturage bishimiye uku kwezi kwashyizweho ariko hakagaragazwa ko iminsi 30 kwahawe idahagije.

Mu murenge wa Gisozi, ku kagali ka Busezerano, abaturage baracyaza ari benshi kwitabira izo service, kuri bo ngo kwandikisha abana ni ingenzi kuko ari ukubasubiza uburengenzira bwabo.

Abaturage bamwe baravuga ko iminsi 30 yahariwe uku kwezi ari mike, ugereranyije n'ubwinshi bw'abifuza service zijyanye n'irangamimerere, ibi bigashimangirwa n'ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Gisozi

Kuri izi mpugenge ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu irashishikariza abaturage kubyaza umusaruro iminsi isigaye, kuko igikorwa cyatangije kiba kigomba kugira n'iherezo.

Biteganyijwe ko ukwezi kwahariwe irangamimerere gusozwa kuri uyu wa gatanu, tariki ya 23, ariko ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu ikibutsa ko service z'irangamimerere zizakomezwa gutangwa nkuko biteganywa n'itegeko rigenga abantu n'umuryango. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama