AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abaturage bo mu Mirenge 6 yo muri Nyagatare barishimira ko begerejwe ububiko bw’ibicuruzwa

Yanditswe May, 04 2022 10:13 AM | 85,975 Views



Abaturage bo mu Mirenge itandatu yo mu karere ka Nyagatare, barishimira ko begerejwe ububiko bw’ibicuruzwa bitandukanye hafi yabo bikaba biboroheye guhaha no gukora ubucuruzi bitandukanye na mbere aho byabagoraga kugira ngo babibone bikabasaba gukora ingendo ndende bajya kubirangura i Kigali.

Bavuga ko hari n'abandi bambuka imipaka bakajya kubishaka mu bihugu by’abaturanyi.  

Akarere ka Nyagatare ubusanzwe gafite Imirenge yose hamwe 14, itandatu muri yo ikora ku mupaka. 

Iyo mirenge ikora ku mupaka ni Karama,Tabagwe, Musheri, Matimba, Kiyombe na Rwempasha.

Ubu buri murenge muri yo ufite ububiko cyangwa bw’ibicuruzwa bitandukanye bikenerwa n’abaturage. 

Ni muri gahunda ya Leta yo korohereza abo baturage kubona ibicuruzwa hafi yabo kandi ku giciro kidahenze batarinze kuvunika no guta umwanya bajya kubishakira kure, ni ibintu koko abaturage berura bakavuga ko byabanejeje.

Umukozi uhoraho muri imwe muri izo depot ifasha abatuye Umurenge wa Karama, Bazimaziki Beata avuga ko ubwitabire bw’abayigana ari abasaga 100 ku munsi kandi ngo ibyo bakeneye barabibona.

Ubu buryo bwishimirwa n’abaturage bwo kubegereza ibicuruzwa hafi yabo kandi ku giciro cyiza, byanakemuye ikibazo cya bamwe bumvaga mbere  ko bagomba guhahira Kigali gusa, cyangwa se hakurya y’umupaka bitwaje ko mu bice barimo ibyo bakeneye bidahari. 

Bene iyi mikorere yo mu bihe bishize yo kutageza ibicuruzwa n’ibindi bikorwaremezo muduce nk'utu twegereye imipaka bikagera aho abaturage bava mu gihugu bakajya kubishaka mu bihugu by’abaturanyi kandi mu gihugu byahaboneka, biherutse kunengwa n’umukuru w’igihugu mu nama nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi iherutse guteranira i Kigali

Si ibijyanye n’ubucuruzi gusa byegerejwe abaturage kuko harimo n’amasoko ya kijyambere buri murenge mu yikora ku mupaka ukaba urifite. 

Hari kandi n’ibikorwaremezo bindi birimo ibijyanye na serivisi z’ubuzima aho muri iyi mirenge habarurwa amavuriro y’ibanze agera kuri 19  muri 83 aboneka mu karere kose, ndetse amwe muri yo akaba akomeje kongererwa ubushobozi bwo gutanga serivisi zo ku rwego bw’ibigo nderabuzima, imihanda myiza harimo n’iya kaburimbo, amazi, amashanyarazi, amashuri arimo n’ay’imyug  n’ibindi.


Kanyumba Beata



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira