AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Abaturiye CIMERWA barinubira ivumbi rihaturuka rikagira ingaruka ku buzima bwabo

Yanditswe Aug, 23 2019 15:05 PM | 17,444 Views



Abaturiye uruganda rukora sima rwa CIMERWA ruherereye mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baravuga ko ivumbi rituruka muri uru ruganda rigira ingaruka ku buzima n'imibereho yabo ya buri munsi, bagasaba ko bakwimurwa mu mbago z’uru ruganda nkuko bari barabisezeranijwe ubwo rwaaguurwaga mu mwaka wa 2015.

Ahitwa ku rya mbere uturutse ku mugezi wa Njambwe, ugana ahubatse uruganda rukora sima CIMERWA, no ku nzu zituriye uru ruganda, ni tumwe mu  duce abahatuye bavuga ko iri vumbi usanga ryakwiriye hose ku nzu no mu mirima ku buryo usanga zarahinduye ibara, bikabagora kuzironga.

Uretse kuba iri vumbi riteza umwanda, ngo ritokoza amaso yabo ndetse bakanarihumeka kenshi ku buryo bibatera impungenge ko ryabanduza indwara, bakifuza ko uru ruganda rwabimura mu mbago zarwo niba rudashoboye kurifata.

Twashatse kumenya icyo ubuyobozi bw'uru ruganda rwa sima buteganya gukora kugira ngo aba baturage badakomeza kubangamirwa n'iri vumbi ribatumukiraho, ariko ntitwashobora kubona ababishinzwe. 

Icyakora Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Muganza uru ruganda rwubatsemo, Nsabimana Théogène avuga ko hari ibiganiro bigamije gukemura iki kibazo  bihuriwemo n’ubuyobozi bw'uruganda n'ubw'Akarere ka Rusizi ku buryo mu myanzuro yafashwe harimo no guhindura imifuka n'inzira z'iri vumbi zari zarangiritse. 

Ubwo rwagurwaga mu mwaka wa 2015, uru ruganda rwari rwakorewe inzira z'imyotsi n'ivumbi ku buryo bihita bifatwa bikazabyazwamo umusaruro ariko zisa n’aho zitagikora, mu gihe uruganda rwari rusanzwe rwari rufite inzira y'ivumbi mu kirere aho wasangaga n’ubundi naryo rihita rikwirakwira mu ngo z'abaturage. 

Inkuru mu mashusho


Didier NDICUNGUYE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize