Yanditswe Aug, 23 2019 15:05 PM | 17,444 Views
Abaturiye uruganda rukora sima rwa CIMERWA ruherereye mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baravuga ko ivumbi rituruka muri uru ruganda rigira ingaruka ku buzima n'imibereho yabo ya buri munsi, bagasaba ko bakwimurwa mu mbago z’uru ruganda nkuko bari barabisezeranijwe ubwo rwaaguurwaga mu mwaka wa 2015.
Ahitwa ku rya mbere uturutse ku mugezi wa Njambwe, ugana ahubatse uruganda rukora sima CIMERWA, no ku nzu zituriye uru ruganda, ni tumwe mu duce abahatuye bavuga ko iri vumbi usanga ryakwiriye hose ku nzu no mu mirima ku buryo usanga zarahinduye ibara, bikabagora kuzironga.
Uretse kuba iri vumbi riteza umwanda, ngo ritokoza amaso yabo ndetse bakanarihumeka kenshi ku buryo bibatera impungenge ko ryabanduza indwara, bakifuza ko uru ruganda rwabimura mu mbago zarwo niba rudashoboye kurifata.
Twashatse kumenya icyo
ubuyobozi bw'uru ruganda rwa sima buteganya gukora kugira ngo aba baturage
badakomeza kubangamirwa n'iri vumbi ribatumukiraho, ariko ntitwashobora kubona ababishinzwe.
Icyakora Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Muganza uru ruganda rwubatsemo, Nsabimana Théogène avuga ko hari ibiganiro bigamije gukemura iki kibazo bihuriwemo n’ubuyobozi bw'uruganda n'ubw'Akarere ka Rusizi ku buryo mu myanzuro yafashwe harimo no guhindura imifuka n'inzira z'iri vumbi zari zarangiritse.
Ubwo rwagurwaga mu mwaka wa 2015, uru ruganda rwari rwakorewe inzira z'imyotsi n'ivumbi ku buryo bihita bifatwa bikazabyazwamo umusaruro ariko zisa n’aho zitagikora, mu gihe uruganda rwari rusanzwe rwari rufite inzira y'ivumbi mu kirere aho wasangaga n’ubundi naryo rihita rikwirakwira mu ngo z'abaturage.
Inkuru mu mashusho
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru