AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abaturiye umuhanda Kayonza-Rusumo barasaba gukemurirwa ibibazo by’ingurane batahawe

Yanditswe Apr, 18 2022 17:20 PM | 40,654 Views



Abaturiye umuhanda Kayonza-Rusumo mu Ntara y’Iburasirazuba, barasaba ko inzego zibishinzwe zakemura ibibazo by’ingurane batahawe, ubwo bangirizwaga imitungo mu ikorwa ry’uwo muhanda. 

Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishizwe iterambere ry’ubwikorezi, bwo bwavuze ko hari abatinda kwishyurwa kubera kutuzuza ibyangombwa bisabwa, ariko bakaba bazishyurwa umuhanda wararangiye.

Mu baturiye umuhanda Kayonza-Rusumo cyangwa bari bahafite ibikorwa, bavuga ko bagizweho ingaruka n’ikorwa ryawo, amajwi yumvikana ni ay’abangirijwe inyubako n’abaranduriwe ibihingwa. 

Bose icyo bahurizaho ni uko batahawe ingurane ikwiye bakaba bifuza ko ibibazo byabo byasuzumwa dore ko bimaze igihe kirekire.

Ingaruka z’ikorwa ry’umuhanda Kayonza Rusumo zanageze ku bafite ibikorwa by’ubuhinzi mu bishanga bikikije icyo gishanga, na n’ubu imyaka ikaba ibaye 3 batarishyurwa.

Umuyobozi mukuru wungirije w’ikigo cy’igihugu gishizwe iterambere ry’ubwikorezi, Baganizi Patrick Emile avuga ko kwishyura abangirijwe imitungo n’ikorwa ry’imihanda bigenda bikorwa hagendewe ku bujuje ibisabwa no ku ngaruka zigenda zigaragara.

Umuhanda Kayonza-Rusumo ufite uburebure bwa kilometero 90, ukaba wararangiye gukorwa mu mwaka wa 2020, igisigaye kuri uwo muhanda ni ugushyiraho amatara awumurikira nabyo bikaba bigana ku musozo.


John Bicamumpaka



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama