AGEZWEHO

  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...
  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...

Abatuye i Gicumbi babangamiwe n’ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Yanditswe Jun, 18 2021 13:52 PM | 123,004 Views



Abaturage bo mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi, barasaba ubuyobozi ko bwabafasha gukemura ikibazo cy’ubujura bw’insinga z’amashanyarazi gikomeje kugaragara mu Murenge wabo.

Ikindi abaturage bibaza ni uko n’iyo hagizwe abafatirwa muri ubu bujura, ngo bahita barekurwa nta butabera bubonetse.

Mu Mudugudu wa Musetsa mu Kagari ka Horezo mu Murenge wa Kageyo, ni hamwe mu hibasiwe n’ubu bujura bw’insinga z’amashanyarazi.

Aba baturage bavuga ko ubu bujura bw’insinga z’umuriro w’amashanyarazi bubibasiye, bukomeje kubatera ibihombo mu buryo butandukanye no kubadindiza mu iterambere, bakifuza ko ubuyobozi bwagira icyo bukora kugira ngo bufashe aba baturage dore ko ngo hari n’igihe babona bamwe mu bafatirwa muri ubu bujura bahita barekurwa nta butabera bubayeho.

Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Felix avuga ko iki kibazo cy’ubujura bw’insinga z’amashanyarazi bumaze iminsi buvugwa mu Murenge wa Kageyo, ubuyobozi bwakimenye kandi ko harimo gukorwa ibishoboka byose ngo abari inyuma y’ibi bikorwa bamenyekane.

Herman Ndayisaba



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu