AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Abatuye mu mijyi ya Rubavu na Goma barifuza ko inzitizi ziri mu bucuruzi bwambukiranya imipaka zakurwaho

Yanditswe May, 08 2022 20:07 PM | 103,077 Views



Abatuye mu mijyi ya Rubavu na Goma batangaje ko bifuza ko inzitizi ziri mu bucuruzi bwambukiranya imipaka zakurwaho imipaka igakora amasaha yose, ndetse n’abaturage bakambuka bakoresheje irangamuntu changwa jeto.

Ubuyobozi w’imiyi yombi bwagaragaje ko ibibazo bihari bizaganirwaho mu biganiro bitangira kuri uyu wa mbere i Kigali hagati y'impande zombi.

Mu gihe ubucuruzi bwambukiranya imipaka ihuza Gisenyi na Goma burimo kuzahuka nyuma yuko bwari bwarasubijwe inyuma n’icyorezo cya Covid-19, abakoresha iyi mipaka bagaragaza ko kuba kwambuka bisaba gukoresha gusa urupapuro rw’inzira rwa Laissez passez na passport ndetse imipaka ntikore amasaha yose ari inzitizi  bifuza ko zikurwaho.

Ibi bibazo biteganijwe kuganirwaho mu nama y’iminsi itatu kuri uyu wa Mbere i Kigali, izahuza intumwa za Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo n'u Rwanda.

Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, Makosa Kabeya Francois wanyuze mu mujyi wa Rubavu abanza kubonana na mugenzi we mbere yo kwerekeza muri iyi nama, yavuze ko ibibazo abaturage bagaragaza byashyikirijwe inzego zibishinzwe hategerejwe igisubizo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse avuga ko muri ibyo biganiro hari icyizere ko bizafatirwamo imyanzuro ishobora gukuraho inzitizi zose zikoma mu nkokora ubucuruzi nyambukiranyamipaka hagati y'ibihugu byombi.

Ubusanzwe mbere ya Covid-19, abambukaga imipaka yombi ihuza Gisenyi na Goma bari hafi ibihumbi 70 ku munsi, ariko bitewe n’inzitizi zihari, harambuka ababarirwa mu ibihumbi 14.5 ku munsi.


Freddy Ruterana



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura