AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove

Yanditswe Jun, 05 2023 17:27 PM | 33,211 Views



Abatuye mu Mujyi wa Kigali barasaba ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove, kuko ibi bikorwa byatumye hari abaturage batabona amazi uko bikwiye. 

Ikigo cy'igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n'isukura, WASAC cyo kirasaba abaturage ko bakwihanganira ibura ry'amazi mu gihe harimo gukorwa ibishoboka byose ngo abatuye uyu mujyi bazabone amazi mu buryo burambye kandi mu gihe cya vuba.

Ikibazo cy'ibura ry'amazi gihuriweho na bamwe mu batuye mu bice by'Umujyi wa Kigali bavuga ko hashize iminsi batabona amazi aho batuye.

Ni ikibazo ubuyobozi bwa WASAC buvuga ko cyatewe ahanini n'ibikorwa byo kwagura ingano y'uruganda rwa Nzove.

Ni ikibazo kigiye kumara ibyumweru 2 kandi kikagaragara mu Mirenge 17 y'Umujyi wa Kigali ndetse n'iy'Akarere ka Kamonyi mu Majyepfo y' u Rwanda. 

Umuyobozi mukuru wa WASAC, Gisele Umuhumuza asaba abaturage bose bakomeje guhura n'ikibazo cy'ibura ry'amazi kwihangana ko mu bihe bya vuba iki kibazo kizaba cyakemutse.

Kwagura umuyoboro wa Nzove biteganyijwe ko uziyongeraho metero kibe zisaga ibihumbi 25 byose.

Mu rwego rwo guhangana n'ibura ry'amazi mu bihe by' impeshyi ku baturage, WASAC irizeza ko ibikorwa byo kwagura ubushobozi  bw'inganda nibirangira, gusaranganya amazi kuzagabanuka ku buryo hari ibice bizayahorana mu buryo burambye.

Ku munsi abaturage bo mu Mujyi wa Kigali no mu nkenkero zawo cyane cyane ibice biwegereye bisanzwe bifatira amazi ku Mujyi wa Kigali, bakoresha metero kibe zisaga ibihumbi 120 ku munsi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira