Yanditswe May, 20 2022 09:49 AM | 97,955 Views
Abatuye Akarere ka Nyabihu batangaje ko batishimiye umuvuduko bariho wo kugabanya igwingira n’imirire mibi mu bana, kuko bagifite abana 11 bari mu ibara ry’umutu kubera ikibazo cy’imirire mibi.
Ikigo cy’ubuzima RBC cyigaragaza ko iri gwingira ritizwa umurindi n’imyumvire
yo hasi, no gukoresha nabi ubufasha leta itanga ku batishoboye.
Bimwe mu bituma umubare w’abana bagwingiye utagabanuka ku muvuduko wifuzwa n’aba baturage, bagaragaza ko harimo imyumvire yo hasi mu gutegura indyo yuzuye, ababyeyi batita ku nshingano zo kurera ndetse n’ikibazo cy’isukunke mu miryango.
Bavuga ko iki kibazo kitari gikwiye kuba cyicyumvikana muri aka karere gafite amahirwe atandukanye.
Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga mu kurwanya igwingira mu bana mu kigo cy’ubuzima RBC, Clemence Dusingize avuga ko ikibazo cy’imyumvire yo hasi ku miryango no gukoresha nabi ubufasha leta itanga ku miryango itishoboye, biri mu bitiza umurindi ikibazo cy’igwingira.
Asaba ko inzego zitandukanye zikwiye ku tabyihanganira.
Umuyobozi wungirije mu karere ka Nyabihu ushinzwe imibereho y’abaturage, Simpenzwe Pascal agaragaza ko bashyize imbaraga mu guhindura iyi myumvire kandi bagakurikirana iyi miryango ifate abana bagwingiye hifashishijwe n’amadini n’amatorero.
Akarere ka Nyabihu kagaragaza ko kuri ubu gafite abana 49 bafite ikibazo cy’imirire mibi barimo 11 bari mu ibara ry’umutuku.
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kigaragaza ko aka karere kari gafite 59% by’abana bagwingiye.
Uyu mubare wagabanutseho 12,3% muri 2020 ugera kuri 46,7%.
Jean Paul Turatsinze
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru