Yanditswe Apr, 07 2018 21:45 PM | 18,910 Views
Umuryango w'Abibumbye, Umuryango w'Afurika yunze
ubumwe na bimwe mu bihugu bya Afurika byifatanyije n'abanyarwanda mu kwibuka ku
nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubutumwa bwatanzwe bwagarutse ku buryo
u Rwanda rwabashije guteza imbere ubumwe n'ubwiyunge, ariko runiteza imbere.
Ku nshuro ya mbere, Umuryango
w'Abibumbye wazirikanye Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, nyuma yo kwemeza
itariki ya 7 mata nk'umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
mu 1994, umwanzuro wemejwe ku ya 26 Mutarama muri uyu
mwaka. Ubusanzwe, uyu muryango wakoreshaga Jenoside yo mu Rwanda, nk'uko byari
byaremejwe ku itariki ya 23 ukuboza 2003.
Adama Dieng, umujyanama wihariye mu kurwanya Jenoside yasobanuye
ko bahinduye imvugo, bagakoresha ikwiye, kuko hagaragaraga abahakana Jenoside
yakorewe Abatutsi. Avuga ko bikwiye guhagarika icyatuma abantu bahakana. Mu butumwa bwe umunyamabanga
mukuru wa UN, Antonio Gutteres yagize ati:
"U Rwanda rwakuye amasomo muri aya marorerwa, kandi n'umuryango mpuzamahanga ukwiye kubigiraho. Leta zifite inshingano yo kurinda abaturage Jenoside, ibyaha by'intambara, ivanguramoko n'ibyaha byibasira inyoko muntu. Ni ngombwa ko dushyira hamwe imbaraga, kugira ngo amahano nk'aya atazongera ukundi, ni ngombwa kandi ko umuryango mpuzamahanga utanga ubutumwa ku babigizemo uruhare, bakumva ko bazabihanirwa."
Yakomeje agira ati: "Niba dushaka kurokora abantu, ntitugomba kuvuga. Tugomba kwikuramo umuco wa ntibindeba ahubwo tugakora. Nibwo buryo bwo guha agaciro abazize Jenoside n'abayirokotse, kandi tugakora ku buryo ibyabaye mu Rwanda bitazongera ukundi, n'ahandi hose."
Umuryango w'Afurika yunze ubumwe nawo wifatanyije n'abanyarwanda, aho mu butumwa yatanze kuri uyu munsi, perezida wa komisiyo y'uyu muryango Moussa Faki Mahamat yavuze ko kwibuka ari ngombwa. Ati, "Kwibuka ni ngombwa! Ni ngombwa kuko abazize Jenoside bagomba guhora bibukwa bakanahabwa icyubahiro. Ni ngombwa kugira ngo twirinde kugwa mu ihakana n'ipfobya ry'icyaha kirenze ibindi. Ni ngombwa kugira ngo twubake inkingi zo kurinda ko bizongera, kandi imvugo ntibizongere ukundi ntibe mu magambo gusa, ahubwo ijye mu bikorwa."
Uyu muryango kandi washimye uburyo u Rwanda rwabashije kwiyubaka, rugasubira kuvoma ku isoko y’umuco nyarwa kugira ngo rukemure ibibazo byihariye bijyanye n’icyerecyezo igihugu gifite.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Karangwa Charles
gouvernement y'urwanda izaze collaboration mugihe abaye ibibazo. Apr 21, 2018