AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abayobozi batandatu bashya barahiriye imbere ya perezida Kagame

Yanditswe Feb, 08 2017 14:22 PM | 2,968 Views



Perezida wa republika Paul Kagame yayoboye umuhango wo kurahira kw'abayobozi batandatu baherutse gushyirwa mu myanya mishya mu nama y'abaminisitiri idasanzwe, bakemezwa n'inzego zibifitiye ububasha. Mu butumwa yatanze, umukuru w'igihugu yibukije abayobozi kwihutisha uburyo bashyira mu bikorwa inshingano.

Abarahiye ni Mme Clare akamanzi, umukuru w'urwego rushinzwe iterambere RDB akaba n'umwe mu bagize guverinoma, Dr Richard Sezibera watorewe kuba umusenateri, Jean Bosco Mutangana umushinjacyaha mukuru, Richard Muhumuza umucamanza mu rukiko rw'ikirenga, umukuru w'urwego rushinzwe imiyoborere RGB, prof. Shyaka Anastase n'umwungirije, Dr Usta Kayitesi.


Mu butumwa bwa Perezida wa republika Paul Kagame yibukije ko u Rwanda rufite intambwe rwifuza gutera mu rugendo rw'iterambere, kandi rukaba rukeneye kwihuta:  “Igihugu cyacu gifite urugendo rurerure rwo gutera imbere. Kuzuza inshingano twihuta kandi neza kugira ngo tugere ku ntego tudatinze, kdi ntibivunana iyo abantu bakorera hamwe kandi baharanira inyungu rusange.” Perezida Kagame


Perezida Kagame kandi yagarutse no ku kongerera ubushobozi inzego zinyuranye kandi ibitagenda neza bigakosorwa Umukuru w'igihugu yasabye abayobozi gukomeza kunoza imiyoborere n'imikoreshereze y'imari, no kurwanya ruswa kugira ngo bifashe igihugu kugera ku cyerekezo kihaye.


Yatangaje ko umutekano w'abanyarwanda n'uw'igihugu muri rusange, bikwiye gukomeza kubungabungwa kuko ari ishingiro rya byose. Akaba yasoje asaba abarahiye kuzuzanya n'abo bagiye gukorana.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira