Yanditswe Mar, 26 2024 17:24 PM | 98,771 Views
Ni kenshi abanyamuryango b'amakoperative hirya no hino mu gihugu, bakunze kugaragaza ko imitungo yabo icunzwe nabi ndetse bamwe mu bayobozi bakayigira iyabo bwite.
Mu rwego rwo gukemura ibi bibazo, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe amakoperative cyatangije icyumweru kigamije kwakira ibibazo bitandukanye biyagaragaramo mu Mujyi wa Kigali, bikajyana no kubasobanurira itegeko rigenga amakoperative ndetse no kubigisha uburyo bw'ikoranabuhanga bubafasha gusaba ubuzima gatozi.
Umuyobozi mukuru wa RCA, Dr Mugenzi Patrice yagaragaje ko kutubahiriza amategeko ari intandaro y’ibibazo biri mu makoperative, anatangaza ko hari ibyo umukozi n'umuyobozi ba koperative bazajya basabwa mbere yo kwinjira mu nshingano.
Uyu muyobozi yagaragaje ko barimo kubarura amakoperative akora n'adakora kuko hari ayo basanze ari aya baringa.
Ikigo cya RCA kigaragza ko mu Rwanda habarurwa amakoperative agera ku bihumbi 11, gusa ngo nyuma y'ubugenzuzi hazamenyekana umubare nyawo wa koperative ziri mu Rwanda.
Jean Paul Turatsinze
Imiryango 4800 imaze kwimurwa nyuma y’ibiza byo muri Gicurasi 2023
Apr 26, 2024
Soma inkuru
Minisitiri Gasana yasabye urubyiruko gushikama bagahangana n’abakomeje gupfobya Jenoside
Apr 26, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwifatanyije n'isi mu munsi mpuzamahanga wo kurwanya Malariya
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze
Apr 25, 2024
Soma inkuru
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru