AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abegera kuri 49% bemeza ko ibyaha by'ubushukanyi byabagizeho ingaruka

Yanditswe Mar, 21 2019 07:22 AM | 4,995 Views



Muri iki cyumweru cyahariwe ibikorwa by'ubutabera, abaturage barakangurirwa kurushaho kugira ubushishozi hagamijwe gukumira ibyaha by'inzaduka birimo ubujura bwifashishije ikoranabuhanga bukomeza kwigaragaza.

Ikibazo cy'uburiganya n'ubutekamutwe, ni bimwe mu byo abakira bakanohereza amafaranga binyuze muri 'mobile money' bavuga ko bahura nabyo cyane.

Hari abasanga ubujura bw'amafaranga buterwa n'ubujiji ndetse no kutagira amakenga bikarangira abatekamutwe babibye. Alex Semitali afite ibiro byivunjisha.

Ubuyobozi bw'Ikigo gishinzwe guteza imbere ba rwiyemezamirimo baciriritse n'ibigo by'imari SEEP buvuga ko hari ubushakashatsi iki kigo cyakoze bugaragaza ko hari abo iki kibazo cyagizeho ingaruka zikomeye nk'uko Straton Habyarimana abivuga.

"Bigaragara ko 80% by'Abanyarwanda bazi ko ubwo buryarya buriho kandi biteguye kuburwanya gusa abegera kuri 49% bemeza ko bwabagizeho ingaruka urumva ko umubare ni munini ariko uko abantu bagenda babimenya barushaho kubwirinda. Ni ama banki agenda agira uburyo bwo kwirinda cyane cyane hari uburyo bwo kwirinda gufungura ubutumwa utazi, gusaba abakozi kujya bahindura umubare w'ibanga kenshi gashoboka."

Umunyamabanga mukuru w'urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha RIB, Col. Jeanot Ruhunga avuga ko birimo kwiyongera, hakaba hakenewe kongera ubumenyi no kugira ubushobozi.

"Hari nk'ubu ibirego turimo gukurikirana muri BK, Giti Bank aho abajura binjiye kuri Konti y'umuntu bakuraho amafaranga icyo ni igice kimwe cy'ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga ariko hari nibindi byeze cyane bigendanye n'ubwambuzi bushukana ubutekamutwe nanone biciye ku ikoranabuhanga. ubu icyo turimo gukora ni ukubaka ubushobozi kugira ngo tube imbere turushe abatekamutwe ubushobozi."

Minisiteri y'ubutabera yatangije icyumweru cyahariwe ibikorwa by'ubutabera. Uretse ibyaha byifashisha ikoranabuhanga, minisitiri Johnston Busingye yasabye inzego za Leta n'iz'abikorera ndetse n'imiryango y'abafatanyabikorwa gushyira hamwe bagamije kugabanya ibyaha n'amakimbirane.

Mu byaha by'inzaduka hagaragaramo n'ubucuruzi bw'abantu aho umwaka ushize hagaragaye ibirego 49 by'abagore n'abakobwa boherejwe mu bihugu nka Arabia Saudiite, Kuwait, Afurika y'epfo, Uganda n'ahandi. Abagera kuri 20 baragaruwe.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira