AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Bamwe mu bigisha mu mashuri abanza barinubira kutemererwa gupiganira kuyobora amashuri yisumbuye

Yanditswe Sep, 16 2020 07:47 AM | 64,457 Views



Abayobozi n’abarimu mu mashuri abanza ngo ntibumva ukuntu batemerewe gupimanirwa kuyobora ibigo by’amashuri yisumbuye kdi bujuje ibisabwa. Ikigo gishinzwe Uburezi (REB) kiravuga ko kiri gusuzuma impungenge zabo.

Bamwe mu barimu bo mu mashuri abanza ndetse na bamwe mu bayobozi b’ibyo bigo bavuga ko bakoze ibishoboka byose bakiyongera ubumenyi ndetse bakabona n’impamyabushobozi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Gusa ngo babangamiwe no kuba hari imyanya yo kuyobora ibigo by'amashuri yisumbuye  yashyizwe ku isoko na REB ariko bakaba barakumiriwe gukora ibi bizamini kandi bujuje ibisabwa.

Bavuga ko iki ari ikibazo gituma bacika intege kuko mu mishahara harimo ubusumbane kandi bafite impamyabumenyi zimwe na bagenzi babo bo mu mashuri yisumbuye.

Umuyobozi wa Sendika y'abarimu mu Rwanda Slyvestre Vuguziga avuga ko iki kibazo cyibabangamiye ku buryo ngo gishobora no kubaca intege.

Ubuyobozi bwa  REB buvuga ko bwasuzumye iki kibazo bufatanije n'inzego z'ibanze zishinzwe uburezi gihabwa  umurongo ku buryo aba barimu bashonje bahishiwe.

Icyakora Umuyobozi mukuru w'iki kigo Dr Irenee Ndayambaje avuga ko abarimu n'abayobozi bo mu bigo by'amashuri abanza bafite impamyabumenyi y'amashuri yisumbuye A2 batemerewe gupiganira iyi myanya.

Mu Rwanda hari abarimu n'abayobozi b'ibigo by'amashuri abanza n'ayisumbuye bya Leta bagera ku bihumbi 72.

Kubera icyorezo cya COVID19 cyugarije isi n'u Rwanda,Minisiteri y'Uburezi ivuga kongera ibyumba by'amashuri hagamijwe kwirinda ubucucike byatumye bashyira ku isoko imyanya ibihumbi 28 yo gushaka abarimu n'abayobozi b'ibigo by'amashuri abanza n'ayisumbuye.

Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura