AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abikorera muri Musanze biyemeje gukomeza kuba hafi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe Jul, 01 2022 15:59 PM | 78,610 Views



Mu kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, abikorera bo mu karere ka Musanze biyemeje kugira uruhare rufatika mu gufasha abarokotse Jenoside batishoboye, ku ikubitiro bakaba batanze miliyoni 3 Frw azagura amabati hasanwa inzu za bamwe muri bo zishaje.

Aba bikorera bavuga ko biyemeje gukoresha neza ubushobozi bafite mu kubaka ubumwe n’iterambere by’igihugu.

Ni muri urwo rwego urugaga rw’abikorera mu karere ka Musanze rwashyikirije ubuyobozi bw’aka karere, miliyoni 3 z’amafaranga azagura amabati 400 hasanwa inzu zishaje za bamwe mu bakorotse Jenoside yakorewe abatutsu batishoboye. 

Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera muri aka karere, Habiyambere Jhon avuga ko iyi ari intangiriro y’ibikorwa nk’ibi byo guteza imbere imibereho y’abarokotse Jenoside nk’abikorera.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla yashimiye umusanzu w’abikorera b’Akarere ka Musanze, asaba ko n’abo mu tundi turere tw’iyi ntara babigiraho.

Mu kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe abatutsi kandi abikorera bo mu karere ka Musanze bunamiye Abatutsi basaga 900 baruhukiye mu rwibutso rw’aka karere, barimo abagera kuri 800 biciwe mu cyahoze ari urukiko rw’ubujurire.

Patience ISHIMWE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira